skol

Ingabo za Sudani zafashe umurwa mukuru wa Leta ya al-Jazirah

Yanditswe: Sunday 12, Jan 2025

featured-image

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 11 Mutarama 2025, Ingabo za Sudani zinjiye muri Wad Madani, umurwa mukuru wa Leta ya al-Jazirah uherereye mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Khartoum, uyu mujyi ukaba wari umaze umwaka urenga ugenzurwa n’Ingabo za Gen. Hemedti (RSF).

Ku mbuga nkoranyambaga, videwo nyinshi zerekanye umunezero w’abatuye Wad Madani, umurwa mukuru wa Leta ya al-Jazirah, muri Sudani, nyuma y’uko ingabo z’igihugu zinjiye muri uyu mujyi. Ibirori byanabaye mu yindi mijyi myinshi yo muri Sudani iyobowe n’Ingabo za Gen. Abdel Fattah al-Burhane.

Nyuma yo kwegera imbere iminsi myinshi mu duce dutandukanye tw’umujyi, abo basirikare bigaruriye ikiraro kiri hejuru ya Blue Nil cyambukiranya umujyi, ubu bikaba byemerera ingabo za Sudani kugenzura inzira y’ubwikorezi ihuza Khartoum na Ethiopia mu karere karumbuka gafatwa nk’ikigega cya Sudani mu gihe cy’amahoro.

Ingabo za Rapid Support Forces za Gen. Mohamed Hamdane Daglo uzwi ku izina rya Hemedti, zafashe Wad Madani mu Kuboza 2023. Nubwo, kuri iki cyiciro, RSF ikomeje kugenzura utundi turere twose, imaze amezi menshi ku gitutu, nyuma y’uko igisirikare cya leta cyongereye gutera ibisasu muri icyo gice ariko kandi na nyuma yo kubona inkunga y’ingabo zaho ziyobowe n’uwahoze ari umuyobozi w’ingabo witandukanyije na RSF wanagize uruhare mu gufata Wad Madani kuwa Gatandatu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa