Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyacyuye abagore babiri n’abana ba Joseph Kony washinze umutwe witwaje intwaro rwa LRA (Lord Resistance Army) wamaze imyaka myinshi urwanya ubutegetsi bw’iki gihugu.
Umuryango wa Kony wabaga muri Repubulika ya Centafrique. Abawugize bahungiyeyo muri Mutarama 2026 ubwo aho bari batuye mu Majyepfo y’Intara ya Darfur muri Sudani, hagabwaga igitero n’umutwe witwaje intwaro.
Ku wa 22 Gicurasi 2026, Umuvugizi w’agateganyo w’Ingabo za Uganda, Col Chris Magezi, yasobanuye ko ubwo icyo gitero cyagabwaga, abagore umunani n’abana 13 ba Kony ari bo bahunze.
Mu bagore babiri bacyuwe harimo Umunya-Uganda, Ikol Grace ufite imyaka 33 n’abana be babiri barimo umukobwa ufite imyaka umunani n’umuhungu w’imyaka ibiri.
Harimo kandi Umunya-Sudani y’Epfo, Aniyessi Teregina, w’imyaka 33 urera umwana w’imyaka 2 wapfushije nyina. Bose bakiriwe n’Umuyobozi w’urwego rw’ingabo za Uganda rushinzwe iperereza n’umutekano, Gen Maj Richard Otto.
Col Magezi yasobanuye ko Ikol yashimuswe n’inyeshyamba za LRA mu 2003 ubwo yari afite imyaka 10, ubwo yari iwabo mu Karere ka Amuria, Aniyessi ashimutirwa iwabo mu gace ka Yambio mu 2006 ubwo yari afite imyaka 13.
Uyu musirikare yasobanuye ko abandi bagore batandatu n’abana babo, bafite ubwenegihugu bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Centrafrique, bityo ko bamaze gushyikirizwa ubuyobozi bw’ibihugu byabo.
Igisirikare cya Uganda cyatangaje ko mu 2023 na 2024, na bwo abantu 150 bahoze muri LRA barimo abandi bahoze ari abagore n’abana ba Kony bacyuwe bakuwe muri Centrafrique nyuma yo gutoroka uyu mutwe w’inyeshyamba.
LRA yashinzwe mu 1987 ubwo Perezida Yoweri Kaguta Museveni yari amaze umwaka umwe ku butegetsi, ikorera mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika nyuma yo gutsindirwa ku butaka bwa Uganda.
Joseph Kony yashyiriweho impapuro zo kumufata ariko yarabuze. Bivugwa ko ashobora kuba yihishe mu duce twitaruye turi ku mupaka wa Sudani na Centrafrique.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *