skol

Inteko Ishingamategeko ya DR Congo igiye gutangira kuganira ku masezerano y’amahoro ya Washington

Yanditswe: Monday 16, Mar 2026

featured-image

Kuri uyu wa 16 Werurwe 2026, Inteko Ishingamategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo iratangira kuganira ku masezerano y’amahoro ya Washington yasinywe umwaka ushize hagati leta ya Kinshasa n’iya Kigali.

Ibiro bya perezida wa RD Congo byatangaje ko Perezida Félix Tshisekedi yakiriye umukuru w’inteko ishingamategeko umutwe w’abadepite Aimé Boji Sangara na Jean-Michel Sama Lukonde ukuriye umutwe wa sena kugira ngo babiganireho.

Amasezerano ya Washington yasinywe muri Nyakanga(7) ishize yemezwa mu Ukuboza(12) na ba Perezida Paul Kagame na Tshiseke bari iruhande rwa Donald Trump mu nyubako uyu yari amaze guhindurira amazina ikitwa "Donald J. Trump Institute of Peace" hafi y’ibiro bye.

Mu gihe abagirwaho ingaruka n’intambara mu burasirazuba bwa Congo bari bizeye ko aya masezerano ayihagarika, nk’uko na Perezida Trump yari yabisezeranyije, ariko kugeza ubu nta kinini cyahindutse ku rubuga rw’intambara.

Leta ya Kinshasa ishinja umutwe wa AFC/M23 guhonyora ayo masezerano ufatanyije n’ingabo z’u Rwanda ivuga ko ari zo zifasha izo nyeshyamba.

M23 na yo ishinja leta kuba ari yo yakomeje kurenga ku masezerano y’agahenge, no gukoresha ibitero by’indege za ‘drones’ mu gukomeza imirwano.

Ntihazwi neza umwanzuro uzafatwa n’Inteko ishingamategeko ya Congo kuri aya masezerano y’amahoro iruhande rwayo harimo n’ay’ibikorwa by’ubukungu n’ubucuruzi hagati ya Kinshasa na Washington.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa