Inteko ishingamategeko ya Ghana yemeje umushinga w’itegeko rishya rihana ubutinganyi n’ibikorwa by’abatinganyi, banazwi nk’aba LGBTQ+.
Kuvuga ko uri umutinganyi bishobora guhanishwa gufungwa imyaka igera kuri itatu. Uwo mushinga w’itegeko unarimo ingingo y’"inshingano yo kumenyesha" polisi ibikorwa bibujijwe n’amategeko.
Kuva asubiye ku butegetsi mu mwaka ushize, abakuru b’amadini bocyeje igitutu Perezida John Dramani Mahama, ugicyeneye kwemeza iryo tegeko, kugira ngo yongerere imbaraga amategeko ahana abatinganyi.
Uko guca ubutinganyi kwamaganwe bikomeye n’imiryango mpuzamahanga, irimo n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu Human Rights Watch, wavuze ko iryo tegeko rishyira mu kaga ubuzima bw’abatinganyi ndetse ko "rishishikariza abaturage kugenza [kuneka] no kuregana".
Imibonano y’ab’ibitsina bimwe yaraciwe muri Ghana hashingiwe ku mategeko yo mu gihe cy’ubukoloni bw’Ubwongereza.
Mu ijambo yagejeje ku nteko ishingamategeko, uwatanze uwo mushinga, Reverend John Ntim Fordjour, yavuze ko uwo mushinga w’itegeko urinda umuryango wa Ghana hamwe n’indangagaciro z’umuco.
Yavuze ko ibyo bishya bibujijwe bizatuma amategeko asanzweho "agira imbaraga nyinshi kurushaho, abe akubiyemo byinshi kurushaho, ndetse abe akaze cyane mu guhangana n’imikorere y’aba LGBTQI [abatinganyi]".
Umuntu uwo ari we wese uvuga ko ari "inshuti", ijambo ryo muri rusange rivuze umuntu ushyigikira abatinganyi, na we ashobora gukatirwa igifungo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *