skol

Iran ishobora gutangira kwikorera indege z’intambara za Sukhoi Su-35

Yanditswe: Friday 25, Oct 2024

featured-image

Iran ishobora gutangira gukora indege z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoi Su-30 na Sukhoi Su-35 ziri mu zikomeye ku Isi, zikaba ari indege z’Igisirikare cy’u Burusiya.

Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru Bulgaria Military avuga ko hari ibiganiro byabayeho hagati y’u Burusiya na Iran kugira ngo Iran ihabwe uburenganzira bwo gukorera izo ndege imbere muri Iran, ibyahindura bikomeye imiterere y’Igisirikare kirwanira mu Kirere cy’icyo gihugu.

Iki kinyamakuru kivuga ko Hayal Muazin, umwe mu banyamakuru bakomeye muri Iran, ari umwe mu bantu babigarutseho, aho yavuze ko Iran yamaze kubona ibyangombwa ihabwa n’u Burusiya biyemerera gukorera muri icyo gihugu muri rusange.

Ku ikubitiro, bivugwa ko Iran yahita ikora iziri hagati ya 48 na 72 zitagurishwa hanze, ahubwo zakwifashishwa n’Igisirikare cya Iran kirwanira mu kirere, icyakora ntibizwi neza niba mu masezerano ibihugu byombi byagiranye harimo no kuba Iran yagurisha izi ndege mu bindi bihugu by’amahanga.

Si ubwa mbere Iran ivuzweho umugambi wo gukora indege za Sukhoi Su-35. Bwa mbere byari byavuzwe ko iki gitekerezo cyaturutse kuri Iran yashatse kugura izi ndege, ariko mu biganiro n’u Burusiya, biza kugaragara ko ifite ubushobozi bwo kuzikora, inatangira gahunda yo gusaba uruhushya.

Minisitiri w’Ingabo za Iran, Mohammad-Reza Gharaei Ashtiani, aherutse kuvuga ko kubivugaho ati "Rimwe twemeranyije kugura izi ndege, ariko tuza kubona ko dufite ubushobozi bwo kuzikorera hano mu gihugu cyacu."

Magingo aya, iki gihugu ngo kiri mu migambi yo gushaka ahantu cyubaka uruganda ruzajya rukora izo ndege, kabuhariwe mu ntambara zo mu kirere. Izi ndege zigira uruhare mu kurinda ikirere cy’igihugu kuko zishobora kurasa mu ntera ya kure.

Nka Sukhoi Su-35 ishobora kurasa ikintu kiri mu bilometero 400 mu gihe kiri mu kirere, no mu bilometero 200 mu gihe kiri ku butaka, ibituma igira ubushobozi buhambaye bwo kurasa nka misile cyangwa ibindi bisasu byoherejwe, bikaraswa bitaragera ku butaka cyangwa bikiri hanze y’ikirere gicunzwe.

Ku rundi ruhande iyi ndege ishobora kugenda ibilometero 3.600 itarakenera kongerwamo mazutu, ibituma igira uruhare mu kuba yakoreshwa mu bijyanye no kugenzura ikirere ndetse no kuba yajya kurasa ku mwanzi uri kure. Ku rundi ruhande, iyi ndege ifite ubushobozi buhambaye bwo kwihisha, ku buryo ’radar’ zihambaye, zinafitwe n’ibihugu bike, ari zo zishobora kuyibona.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa