Iran yarashe misile nyinshi za ballistique mu gitero gitunguranye yagerageje kugaba ku ngabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati, nk’uko byatangajwe n’igisirikare cya Amerika, mu gihe hari hamaze iminsi mike hatangiye agahenge hagati y’impande zombi.
Iki gitero cyabaye mu ijoro ryakeye saa 1:45 z’ijoro ku isaha ya Tehran, bihwanye na saa 23:00 z’ijoro ku isaha ya Kigali. Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) bwatangaje ko izo misile zose zarasiwe mu kirere zitaragera ku ntego, ariko ntibwatangaje ahantu zari zigamije.
Ishami ry’Ingabo za Iran ririnda ubutegetsi bwa Kisilamu (IRGC) ryavuze ko ryarashe misile za ballistique ku kigo cya gisirikare cya Amerika ndetse n’ikigo cy’ubugenzuzi kiri muri Jordaniya. Ryavuze kandi ko ryahagaritse amato atatu atwara peteroli anyura mu Muyoboro wa Hormuz.
Hagati aho, ingabo za Amerika n’iza Arabia Sawudite zagabye ibitero ku mitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe na Iran iri muri Irak, mu rwego rwo kwihimura ku bitero byavuzwe ko byategetswe na Iran, nk’uko CENTCOM yabitangaje.
Uku kongera kurasana gushobora kurangiza agahenge kari kamaze iminsi hagati ya Amerika na Iran, mu gihe hari hitezwe ko kari gutuma impande zombi zisubira ku meza y’ibiganiro.
Amerika na Arabia Sawudite zatangaje ko zagabye ibitero ku bibanza byinshi byakoreshwaga n’iyo mitwe mu kubika no gutwara intwaro mu burasirazuba bwa Irak.
CENTCOM yavuze ko ibyo bitero ari igisubizo gikomeye ku bitero birenga 30 by’indege zitagira abapilote (drones) byagabwe mu masaha 72 ashize, bikaba byarategetswe na IRGC.
Yanaburiye ko Iran n’imitwe iyishyigikiye bagomba guhagarika ibyo bitero, bitaba ibyo Amerika ikazafata izindi ngamba za gisirikare.
Mbere yaho kuri uwo wa Kabiri, Arabia Sawudite yari yatangaje ko ingabo zayo zongeye kurasa no gusenya drones zari zigambiriye kwibasira ibikorwa remezo bya peteroli mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ingabo ya Arabia Sawudite, Jenerali Majoro Turki al-Maliki, yavuze ko izo drones zoherejwe n’imitwe yitwaje intwaro ifitanye isano na Iran ikorera muri Irak.
Iyi myuka mibi yongeye kwiyongera nyuma y’umunsi umwe Perezida Donald Trump wa Amerika avuze ko hari “ibiganiro bya kivandimwe” biri kuba hagati ya Amerika na Iran. Icyo gihe impande zombi zari zimaze iminsi itatu zitarasana.
Mu gihe ibyo biganiro bivugwa, ikibazo cy’Umuyoboro wa Hormuz gikomeje kuba ingorabahizi, kuko Tehran ikomeje guhakana ko hari ibiganiro biri kuba.
Amakuru aheruka ya Pentagon agaragaza ko nibura abasirikare ba Amerika 624 bamaze gukomereka kuva Perezida Trump ategetse ibitero kuri Iran muri Gashyantare uyu mwaka.
Muri abo, 417 bakomerekeye mu gitero cyiswe Operation Epic Fury, cyari igikorwa cya gisirikare cyahuriweho na Amerika na Israel cyo kugaba ibitero kuri Iran.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *