Ishyaka PPRD rya Kabila ryiteguye guhangana na Leta yarihagarikiye ibikorwa
Yanditswe: Tuesday 28, Oct 2025
Ishyaka PPRD ryashinzwe na Joseph Kabila wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2001 kugeza mu 2019, ryiteguye guhangana na Leta yarihagarikiye ibikorwa.
Iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko Rukuru rwa Kinshasa tariki ya 27 Ukwakira 2025, kimenyeshwa Umunyamabanga Uhoraho wa PPRD, Emmanuel Ramazani Shadary.
Cyashingiye ku iteka Minisitiri w’Umutekano w’Imbere, Jacquemain Shabani Lukoo, yafashe tariki ya 18 Ukwakira, ashinja PPRD gukorana n’ihuriro AFC/M23 rigenzura ibice byinshi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.
Shadary yatangaje ko PPRD idateze kubahiriza icyemezo cy’urukiko, asobanura ko kinyuranyije n’amategeko y’igihugu kandi ko gishingiye ku mpamvu za politiki.
Uyu munyapolitiki yavuze ko ubutegetsi buriho ubu butemewe n’amategeko y’igihugu kubera ko na bwo butubahiriza amategeko yacyo, arimo kubahiriza ubwisanzure bw’imitwe ya politiki.
Ati “Iri hagarikwa ntirireba PPRD. Riri mu rwego rwa ‘fake news’. Naho ubundi ubutegetsi bw’igitugu bwa Félix Tshisekedi buri mu manga… Ibikorwa byacu bizakomeza hashingiwe ku mategeko y’igihugu n’Itegeko Nshinga. Ibindi bizaba ari amahane.”
Leta ya RDC yahagaritse ibikorwa bya PPRD nyuma y’aho Kabila akatiwe igihano cy’urupfu muri Nzeri, ashinjwa kuba umuyobozi wa AFC/M23, na nyuma y’aho ashinze ihuriro ‘Sauvons la RDC’ rifite intego yo gukemura ibibazo byugarije Abanye-Congo.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *