Ingabo za Israel zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero bigamije kwangiza ibikorwaremezo mu mijyi ya Tehran, Shiraz, na Tabriz yo muri Iran.
Itangazo ingabo za Israel zashyize hanze rivuga ko bagamije gusenya ibikorwaremezo by’ubutegetsi bise ubw’iterabwoba bwa Iran.
Riti “IDF yatangiye kugaba ibitero byinshi bigamije kwibasira ibikorwaremezo by’ubutegetsi bw’iterabwoba bwa Iran, muri Tehran, Shiraz na Tabriz.”
Intambara ya Israel, Amerika na Iran yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026. Minisiteri y’Ubuzima muri Israel yavuze ko abantu 3369 barimo abasivili n’abasirikare ari bo bamaze gukomerekera muri iyi ntambara.
Ni mu gihe Bahrain yo yavuze ko imaze gushwanyaguza ibisasu bya misile 129 na drones 215 kuva iyi ntambara yatangira mu Burasirazuba bwo Hagati. Abantu babiri baguye muri ibyo bitero.
Mu gitondo cyo ku wa 16 Werurwe 2026 Iran na yo yarashe misile nyinshi muri Israel ariko zishwanyagurizwa mu kirere, zigwa mu mijyi ya Shoham, Rishon LeZion, Lod na Ness Ziona wegereye Tel Aviv.
Iran kandi yagabye igitero cya Drone muri Fujairah mu Burasirazuba bwa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Fujairah yegeranya na Oman, ikaba hafi y’inzira ya Hormuz inyuzwaho ibikomoka kuri peteroli bingana na 20 by’ibicuruzwa ku Isi hose, ndetse na UAE ni ho inyuza byinshi mu bikomoka kuri peteroli byayo.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *