Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel yategetse abadipolomate n’imiryango yabo kuva byihuse muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu kubera ibitero bya Hamas, Iran na Hezbollah bishobora kubagabwaho.
Itegeko ryatanzwe rireba abakozi ba Ambasade ya Israel muri Abu Dhabi no mu biro bishinzwe gukurikirana inyungu z’igihugu biri i Dubai.
Leta ya Israel yavuze ko ifite amakuru yizewe ko hashobora kugabwa ibitero mu bice birimo ambasade yayo muri UAE gusa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yavuze ko “ntitujya tugira icyo tuvuga ku mabwiriza ajyanye n’mutekano twahaye abakozi bacu”.
Inama y’Umutekano ya Israel yasabye abaturage bayo kwitondera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu kuko Iran, Hamas na Hezbollah bishyize imbaraga mu guhungabanya Israel.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *