skol
fortebet

Israel yatsimbaraye ku kugumisha ingabo zayo muri Syria

Yanditswe: Thursday 13, Mar 2025

featured-image

Sponsored Ad

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, yatangaje ko ingabo zayo zigomba kwitegura kuguma mu majyepfo ya Syria, no kurinda umutekano muri ako gace ku buryo ibyahungabanya umutekano bihashira.

Sponsored Ad

Katz yavuze ko ingabo za Israel zizaguma mu Majyepfo ya Syria mu gihe kirekire.

Yagize ati “Ingabo za Israel ziteguye kuguma muri Syria igihe kirekire. Tuzakomeza kurinda umutekano ku umusozi wa Hermon ndetse no kumenya neza ko nta ngabo zisigaye mu mujyepfo ya Syria, gukuramo intwaro zose ndetse n’ibyateza ibyago byose.”

Times of Israel yatangaje ko Igisirikare cya Israel gifite ibirindiro icyenda muri iki gihugu kuva mu Ukuboza 2024.

Ubwo ubutegetsi bwa Bashir bwahirikwaga, Ingabo za Israel zahise zinjira mu gace kagenzurwaga n’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye, zikomereza no ku butaka bwa Syria.

Israel yari isanzwe igenzura 70% by’ubutaka bwa Golan bwahoze ari ubwa Syria, iza kubutakaza mu ntambara yahuje impande zombi mu 1967.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa