skol

Ituri: FARDC yarasanye na UPDF

Yanditswe: Monday 23, Dec 2024

featured-image

Abasirikare bane bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umwe wo mu za Uganda (UPDF), bakomerekeye mu mirwano yasakiranyije impande zombi.

Radio Okapi yatangaje ko iyi mirwano yabaye by’impanuka yabaye ku wa Gatandatu tariki ya 21 Ukuboza, ibera muri Teritwari ya Itumu ho mu ntara ya Ituri.

Ingabo za Congo n’iza Uganda zimaze imyaka itatu ziri mu ntara ya Ituri aho zifatanya mu bikorwa bya gisirikare byiswe “Operation Shujaa” byo kurandura umutwe w’iterabwoba wa ADF.

Amakuru aturuka mu gace imirwano yabereyemo avuga ko yasakiranyije abasirikare bari mu bikorwa byo guhiga ADF mu gace ka Idohu na bagenzi babo bari ku irondo ry’ijoro, nyuma y’uko bamwe bikanzemo abandi bakabitiranya n’umwanzi.

Usibye abasirikare bakomeretse, amakuru avuga ko hari n’umusivile umwe waguye muri uko kurasana nyuma yo gufatwa n’isasu.

Christophe Munyaderu wo mu muryango uharanira uburenganzira bwa muntu ukorera muri Irumu, yabwiye Okapi ko nyuma yo kurasana kw’impande zombi kwaciye igikuba mu baturage agahenge kahise kagaruka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa