skol

Joe Biden yemeza ko ahazaza ha Amerika hari mu marembera

Yanditswe: Friday 01, Aug 2025

featured-image

Joe Biden wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva mu 2021 kugeza mu 2025 yatangaje ko ahazaza h’iki gihugu hari mu marembera bitewe n’imiyoborere mibi ya Donald Trump.

Biden yabitangarije mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Inama Ngarukamwaka y’Urugaga rw’Abanyamategeko ba Amerika yabereye mu mujyi wa Chicago muri Leta ya Illinois ku wa 31 Nyakanga 2025.

Biden yagize ati “Ibi ni ibihe bikomeye mu mateka ya Amerika, ibihe bitandukanya ibiri kuba n’ibyabaye mbere. Ni ibihe bidusaba kwemera ukuri gukomeye kuri twe ubwacu, ku bigo byacu, no kuri demokarasi ubwayo.”

Yagaragaje ko Perezida Trump ari kwica amategeko, kandi ko Abanyamerika batangiye kumva ko hakenewe uburyo bwo kugenzura ububasha bw’Umukuru w’Igihugu kugira ngo atarenga imbibi.

Biden yanenze inzego zimwe na zimwe n’ibigo binini by’itangazamakuru kuba bidahagaze mu kuri, ndetse anenga politiki ya Trump yo kwirukana abimukira benshi baba muri Amerika.

Yavuze ko ubutegetsi bwa Trump bushaka gusibanganya ibyagezweho n’ubutegetsi bwabanje, gusibanganya amateka, ndetse no gukuraho uburinganire n’ubutabera.

Yagize ati “Ntitwakagombye kubipfukirana. Ibi ni ibihe bikomeye, ariko turi hano twese ku mpamvu imwe. Ahazaza hacu hari mu marembera, tugomba kurwanira ahazaza hacu.”

Biden yashishikarije abitabiriye iyi inama kugira ubutwari bwo guhagarara ku kuri, guharanira uburenganzira bw’abanyantege nke no guhangana n’ibikorwa byose binyuranyije n’amategeko.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa