skol
fortebet

Kenya: Abantu babiri biciwe mu myigarambyo yo kwamagana ikigo cya Amerika cyo kuvuriramo Ebola

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Tuesday 02, Jun 2026

Kenya: Abantu babiri biciwe mu myigarambyo yo kwamagana ikigo cya Amerika cyo kuvuriramo Ebola

Sponsored Ad

skol

Kuri uyu wa 01 Kamena 2026, mu gihugu cya Kenya mu mujyi wa Nanyuki ho mu ntara ya Laikipia, abantu babiri bishwe barashwe, mu gihe habaga imyigaragambyo yo kwamagana umugambi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wo kubaka muri ako karere ikigo kizajya cyakirirwamo kandi kigavurirwamo abarwayi ba Amerika banduye Ebola.

Amakuru dukesha BBC avuga ko umwe muri abo bantu yarasiwe hafi y’ikigo cy’ingabo zirwanira mu kirere cya Laikipia, aho imyigaragambyo yari iri kubera, bagenzi be bagahita bamujyana kwa muganga ariko agahita yitaba Imana. Undi muntu na we bivugwa ko yarashwe abasirikare bamugeza kwa muganga yamaze gushiramo umwuka.

Umuvugizi wa polisi yabwiye Reuters ko atari azi amakuru y’abapfiriye muri iyo myigaragambyo.

Ku wa 01 Kamena 2026, nibwo amagana y’abaturage bari mu myigaragambyo bafunze imihanda yo mu mujyi wa Nanyuki ndetse banatwika amapine, Polisi ikoresha imyuka iryana mu maso (tear gas) kugira ngo ibatatanye.

Imirambo y’abo bantu bombi iri mu buruhukiro bw’ibitaro, kandi igaragaza ibikomere by’amasasu. Umwe yarashwe mu gatuza, undi araswa mu rutugu.

Umugambi wa Amerika wo gushinga ikigo cyo kuvuriramo Ebola muri Kenya watumye abaturage benshi bagira impungenge ko iyo ndwara ishobora kwinjira mu gihugu ikanduza abaturage.

Iki kigo giteganyijwe kuzaba gifite ibitanda 50 kandi kizakorwamo n’abaganga b’Abanyamerika. Kigenewe kuvura Abanyamerika bazaba banduye Ebola mu gihe cy’icyorezo kiri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC).

Kugeza ubu, nta murwayi wa Ebola uraboneka muri Kenya.

Ku wa 29 Gicurasi 2026, nibwo urukiko Rukuru rwa Kenya rwahagaritse by’agateganyo uwo mugambi mu gihe rugitegereje kuburanisha ikirego cyatanzwe n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu.

Uyu muryango uvuga ko ishingwa ry’icyo kigo rishobora kugira ingaruka zikomeye kandi zihuse ku buzima bw’abaturage ba Kenya.

Mu butumwa bwe bwa mbere kuri iki kibazo bwatanzwe ku mugoroba wo ku wa 01 Kamena 2026, perezida wa Kenya Dr. William Ruto yashyigikiye uwo mugambi, avuga ko Kenya yafashe ingamba zose zikenewe kugira ngo irinde abaturage bayo kandi ikumire ibyago byose bishobora guterwa n’iyo ndwara.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa