skol

Kenya: Abapolisi batatu barezwe kugira uruhare mu rupfu rwa Ojwang wapfiriye muri kasho

Yanditswe: Tuesday 24, Jun 2025

featured-image

Abapolisi batatu bo muri Kenya barezwe icyaha cyo kwica umusore w’imyaka 31 witwa Albert Ojwang wamamaye cyane ku mbuga nkoranyambaga, wapfiriye muri kasho ya Polisi muri Kamena 2025.

Abo bapolisi ni uwitwa Samson Kiprotich, Talaam James Mukhwana, na Peter Kimani bareganwa n’abandi baturage batatu b’abasivile.

Bose uko ari batandatu bagejejwe imbere y’urukiko kuri uyu wa Mbere, gusa ntibaratanga ubusobanuro ku byaha baregwa.

Ojwang yari yafunzwe nyuma y’uko umuyobozi wungirije wa Polisi muri Kenya, Eliud Lagat, amushinje guharabika polisi ya Kenya yifashishije imbuga nkoranyambaga.

Urupfu rwa Ojwang rwateje uburakari bwinshi mu gihugu, bituma habaho imyigaragambyo isaba ko ahabwa ubutabera.

Mbere Polisi yari yatangaje ko Ojwang yishwe n’ibikomere yiteye, ariko nyuma raporo y’abaganga basuzumye umurambo we yagaragaje ko yishwe n’inkoni yakubiswe.

Abaharanira uburenganzira bwa muntu batangaje ko ku wa Gatatu hazaba guhagarika ibikorwa byose by’ubucuruzi, mu rwego rwo gukomeza imyigaragambyo yo kwamagana ihohotera rikabije rikorwa na polisi, no kwibuka umwaka ushize ubwo inzego z’umutekano zarasaga ku bigaragambyaga barwanya izamuka ry’imisoro.

Abantu batandatu barimo abapolisi batatu bo muri Kenya bashinjwe kwica Ojwang

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa