skol
fortebet

Kenya:Dore ibizakomeza kugenerwa Uhuru Kenyatta urangije manda

Yanditswe: Monday 15, Aug 2022

featured-image

Sponsored Ad

Ku wa Gatanu ushize, Komite ishinzwe gutegura ibikorwa byo guhererekanya ububasha hagati ya Perezida ugiye n’umushya yarateranye, mu gihe hategerejwe ibyavuye mu matora bizatangazwa na Komisiyo y’amatora.

Sponsored Ad

The Nation yatangaje ko Perezida Uhuru Kenyatta usoje manda, hari ibyo yemererwa n’amategeko bizakomeza kumubeshaho na nyuma yo kuva ku butegetsi.

Muri byo harimo abakozi babiri bahembwa na Leta, abanyamabanga bane, intumwe enye, abashoferi bane n’abarinzi. Muri rusange, azaba yemerewe ibiro n’abakozi 34 babikoramo. Mu byo azahabwa kandi harimo inzu yishyurwa na Leta.

Mu bindi azahabwa harimo imodoka enye zirimo limousines ebyiri, n’izindi modoka ebyiri zisanzwe, zisimbuzwa buri myaka ine.

Kenyatta kandi azahabwa amafaranga y’inzu ya buri kwezi angana n’amashilingi 300 000 (asaga miliyoni 2.6 Frw), miliyoni 1.7 Frw yo kugura ibikomoka kuri peteroli, miliyoni 2.6 Frw yo gukoresha ku mazi n’amashanyarazi na miliyoni 1.7 Frw yo kwidagadura.

Buri mwaka mu yo yayoboye, azawuhererwa ishimwe ry’amafaranga nk’igihembo cy’ubwitange ku gihugu.

Kenyatta kandi azakomeza guhembwa 80% by’umushahara yafataga. Ubusanzwe Perezida Kenyatta yahembwaga miliyoni 1.44 z’amashilingi (asaga miliyoni 12 Frw).

Perezida Kenyatta azaba yemerewe ubwishingizi bwo kwivuza haba imbere mu gihugu no mu mahanga. Ni nako bizaba bimeze ku mugore we, Margaret Kenyatta.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa