Nyuma y’uko abaturage batandukanye b’i Nairobi, mu Murwa Mukuru wa Kenya, bongeye kwirara mu mihanda mu myigaragambyo yitabiriwe ku rwego rwo hejuru, hagaragaye ibyamamare bitandukanye byitabiriye iyo myigaragambyo.
Abigaragambya bari kwibuka bagenzi babo bishwe mu myigaragambyo yabaye mu mwaka ushize, banakomeza kwamagana ubwicanyi bukomeje gukorerwa abantu batandukanye muri iki gihugu. Ubu bwicanyi buvugwa buheruka gukorwa ni ubwakorewe Albert Ojwang, wapfiriye aho yari afungiwe na Polisi.
Ikindi bagaragaza ni uko batishimiye uburyo ubuzima bukomeje guhenda, ari nako amahirwe y’iterambere ku rubyiruko arushaho kuyoyoka.
Mu bitabiriye iyi myigaragambyo harimo Jackie Matubia, Njugush, Daddy Owen, DJ Mo, Wahu, Nameless, Mammito na Nyashinski.
Jackie Matubia yagaragaye arira kubera imyuka iryana mu maso yari yuzuye mu kirere, ati "Nta kintu kirusha uburemere kugerageza guhangana n’agahinda ko kubura umuntu wawe, ariko nanone ushaka kuba ku isonga mu kurwanirira igihugu cyawe. Urupfu ni rubi cyane, ntirukwiye kuba rumeze gutya."
Umunyarwenya Njugush na we yasangije abamukurikira amashusho yigaragambya, asaba ubutabera ndetse anibuka abahitanywe n’ibi bikorwa.
Umukinnyi wa filime, Minne ’Cayy’ Kariuki n’umugabo we Charles Muigai uzwi nka Lugz, na bo bifatanyije n’abandi mu myigaragambyo. Babonetse bari kumwe n’abaturage baririmba indirimbo z’ubwisanzure, basaba ubutabera n’imiyoborere isobanutse.
Itsinda ry’ababyinnyi, Matata, na ryo ryagaragaye mu myigaragambyo risaba ubutabera, riririmba hamwe n’abandi baturage.
Haiyaaa⚡️
Kenya’s TOP artists….are on the STREETS!!!…..ni MATATA MATATAAA🔥🔥🔥🎯🎯🎯pic.twitter.com/P52Falu64P
— Xtian Dela™ (@xtiandela) June 25, 2025
Umuhanzi Daddy Owen na DJ Mo bashyize amashusho ku mbuga nkoranyambaga bari kuri moto, hamwe n’umunyamakuru wa radiyo, Sir Lotan, bajya mu mujyi rwagati. DJ Mo yanditse ati “Mu mujyi turahageze. Twese hamwe, ku bw’intwari zacu.”
Wahu Kagwi n’umugabo we Nameless na bo basangije ifoto bari kumwe n’umukobwa wabo Tumiso, bose bambaye imyenda ifite amabara y’idarapo rya Kenya mbere y’uko bajya mu myigaragambyo.
Umunyarwenya Mammito yitabiriye ndetse n’umuraperi Nyashinski ari kumwe n’umugore we Zia Bett, bifatanya n’abandi mu myigaragambyo.
Undi wagaragaye muri iyi myigaragambyo ni umuraperi Khaligraphy Jones wagaragaye ashyamiranye n’abashinzwe umutekano ndetse hari n’aho umupolisi amukubita undi yirukanka, ibi bikaba byabaye nyuma yo gutera ibyuka biryana mu maso mu rubyiruko bari kumwe.
Wahu Kagwi n’umugabo we Nameless bagaragaye mu myigaragambyo
Umuraperi Nyashinski yagaragaye ari kumwe n’umugore we Zia Bett, bifatanya n’abandi mu myigaragambyo
Umunyarwenya Mammito yagaragaye mu myigaragambyo
Umunyarwenya Njugush yasangije abamukurikira amashusho yigaragambya
Jackie Matubia yagaragaye ari kurira


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *