Kenya igiye gufungura umupaka wayo na Somalia wari umaze imyaka hafi 15 ufunzwe
Yanditswe: Friday 13, Feb 2026
Perezida wa Kenya, Dr. William Samoei Ruto, yatangaje ko muri Mata 2026 igihugu cye kizafungura umupaka wacyo na Somalia nyuma y’imyaka hafi 15 ufunzwe bitewe n’ikibazo cy’umutekano muke biterwa n’umutwe w’iterabwoba wa Al Shabab.
Ubu butumwa yabuhaye abatuye mu karere ka Mandera, gatuwe n’abantu benshi bakomoka muri Somalia, ku wa 12 Gashyantare 2026 ubwo yabasuraga.
Uyu Mukuru w’Igihugu yasobanuye ko icyemezo cyo gufungura umupaka wa Mandera cyafashwe nyuma y’isuzuma ry’umutekano rimaze imyaka ikorwa, asobanura ko nufungurwa, umutekano waho uzakazwa kugira ngo hatagira abongera kugirira nabi abaturage.
Yagize ati "Birababaje ko bagenzi bacu b’Abanya-Kenya batuye muri Mandera bakomeje gutandukanywa n’abavandimwe n’abaturanyi bo muri Somalia bitewe n’uko umupaka wa Mandera ugifunzwe.”
Perezida Ruto yasabye abaturage ba Mandera kwifatanya na Leta ya Kenya mu rugamba rwo kuwanya umutwe wa Al Shabab, ati “Ndagira ngo mbizeze ko tuzakorana, mwebwe mudufashe kurwanya aba bagizi ba nabi n’ibyihebe.”
Ni kenshi abarwanyi ba Al Shabab bagiye bacengera Kenya banyuze muri Mandera. Mu 2013 bateye inyubako y’ubucuruzi i Nairobi, bica abantu 67, nyuma y’umwaka bica abagenzi 28 bari muri bisi muri Mandera.
Mu 2015, abarwanyi ba Al Shabab bateye Kaminuza ya Garissa mu majyaruguru y’iburasirazuba bw’igihugu, bica abantu 148, nyuma y’imyaka ine bica abandi 21 muri hoteli i Nairobi.
Perezida Ruto yatangaje ko bidakwiye ko abo muri Mandera bakomeza gutandukanywa n’abavandimwe bo muri Somalia
Mandera ni akarere gatuwe na benshi bakomoka muri Somalia


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *