skol
fortebet

Kenya: Imyigaragambyo yo kwamagana izamuka ry’ibiciro bya lisansi yahagaritswe

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Tuesday 19, May 2026

Kenya: Imyigaragambyo yo kwamagana izamuka ry'ibiciro bya lisansi yahagaritswe

Sponsored Ad

skol

Abashinzwe gutwara abantu n’ibintu muri Kenya bahagaritse imyigaragambyo yabo mu gihugu cyose nyuma y’ibiganiro na leta ku izamuka ry’ibiciro bya lisansi.

Abahagarariye urugaga rw’abashinzwe gutwara abantu bavuga ko bahagaritse imyigaragambyo mu gihe cy’iminsi irindwi kugira ngo batange amahirwe yo gukomeza ibiganiro na leta.

Hagati aho, ishami rishinzwe iperereza ku byaha (DCI) muri icyo gihugu ryatangaje ko ryataye muri yombi abantu barenga 700 nyuma y’imyigaragambyo yabaye ku wa mbere, bamagana izamuka ry’ibiciro bya lisansi.

Nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ishami rishinzwe umutekano ribivuga, abazafatwa bakora ibyaha mu myigaragambyo bazakurikiranwa mu buryo bukomeye.

Iryo tangazo rigira riti: “Buri Munyakenya afite uburenganzira bwo guteranira hamwe no gutanga ibitekerezo bye mu mahoro, [ariko] ibikorwa by’urugomo, ubusahuzi, gutwika imitungo, gufunga imihanda, gusenya ibikorwa remezo, gutera abapolisi cyangwa abashoferi, n’ibikorwa byose bishobora gushyira ubuzima mu kaga, ni ibyaha bikomeye.”

Abantu 259 batawe muri yombi mu karere ka Rift Valley, abantu 189 batabwa muri yombi i Nairobi, abantu 142 muri Kenya yo hagati, abantu 103 mu burasirazuba bwa Kenya, mu gihe abantu 10 batawe muri yombi mu burengerazuba no ku nkombe z’igihugu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa