Kenya: Raila Odinga arakurikizaho iki nyuma yo gutsindwa mu matora ya AU?
Yanditswe: Sunday 16, Feb 2025
Gutsindwa k’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Kenya, Raila Odinga,mu matora y’Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AUC), ngo ntabwo ari ibanga bigiye guhindura isura y’amatora yo muri iki gihugu mu 2027.
Ku wa Gatandatu, itariki 15 Gashyantare 2025, Raila, umunyapolitiki w’inararibonye, yatsinzwe n’umukandida wa Djibouti, Ali Youssouf mu matora yabereye i Addis Abeba, muri Ethiopia.
Uwahoze ari Minisitiri w’intebe, umunyapolitiki w’inararibonye n’umukangurambaga ushishoza, yishimiye gushyigikirwa n’ibirindiro by’ingenzi mu gihugu bishobora kumufasha gutsinda mu 2027.
“Kuva byatangira, nari nzi ko Raila yatsinda cyangwa yatsindwa amatora ya AUC, inyungu ze muri politiki ya Kenya zizakomeza. Ubu turateganya ko azakomeza [kuvuga] n’impande zombi z’akanwa, ”ibi bikaba byavuzwe n’umusesenguzi muri politiki, Javas Bigambo.
Intsinzi ya Raila mu matora ngo yari gutuma yitaza ibya politiki yo mu gihugu, ibyashoboraga gusiga icyuho kandi bigatera abantu kongera gushaka aho babarizwa no guhindura impande.
Ku wa Gatandatu, Abanyakenya benshi bavuze ku gutsindwa kwa Raila basabye uwahoze ari Minisitiri w’intebe gusubira mu rugo kandi akagira uruhare muri politiki y’igihugu.
Abasesenguzi bavuga ko umuyobozi wa ODM ashobora kumvira guhamagarwa no kongera gufatira ubuyobozi bwa ODM aho yabusize.
Ku wa Gatandatu, umusesenguzi wa politiki, Barack Muluka, mu kiganiro yagiranye na televiziyo yo muri Kenya, yagize ati: “Agiye kugira uruhare rugaragara muri politiki yo mu gihugu. Ndabona ahamagaza inama ya ODM bidatinze aho azahita atangira kuba umuyobozi w’ishyaka akinjira mu kibuga cya politiki.”
Urebye ko Umuyobozi wa AUC akora manda y’imyaka ine, ikaba ishobora kongerwa rimwe, Raila yari guhita ava mu kibazo mu matora ya 2027 iyo aramuka atsinze.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *