skol

Kenya: Umupolisi warashe umusivile wigaragambyaga yatawe muri yombi

Yanditswe: Wednesday 18, Jun 2025

featured-image

Umupolisi wo muri Kenya yatawe muri yombi azira kurasa umusivile mu myigaragambyo iherutse kubera mu murwa mukuru Nairobi, yatewe n’urupfu rwa Albert Ojwang wapfiriye muri kasho ya polisi.

Umuvugizi wa Polisi ya Kenya, Muchiri Nyaga, yatangaje ko ubu bugizi bwa nabi bwabaye ku wa Kabiri tariki 17 Kamena 2025, aho uwo mupolisi yishe arashe umuturage wari mu myigaragambyo isabira ubutabera Albert Ojwang wari impirimbanyi y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Muchiri Nyaga yavuze ko ubuyobozi bwahise butangira iperereza ku rupfu rw’uyu muturage bugafata uwo mupolisi, buhita butegeka ko agezwa imbere y’ubutabera.

Yakomeje avuga ko polisi ikomeje gukurikirana iby’uru rupfu kugira ngo hamenyekane impamvu nyayo yarwo.

Ati “Nyuma y’iki gikorwa, Umuyobozi mukuru wa Polisi yategetse ko uwo mupolisi ahita atabwa muri yombi kandi akajyanwa imbere y’urukiko. Uwo mupolisi ubu yamaze gufatwa.”

Iyo myigaragambyo yabaye nyuma y’urupfu rwa Ojwang wari impirimbanyi y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu wafunzwe azira guharabika Polisi yifashishije imbuga nkoranyambaga.

Mbere Polisi yavugaga ko Ojwang yishwe n’ibikomere yiteye binyuze mu guhonda umutwe ku byuma bya kasho, ariko ku wa 11 Kamena, raporo y’abaganga basuzumye umurambo we yagaragaje ko yishwe n’inkoni yakubishwe n’abapolisi.

Nyuma y’imyigaragambyo yari imaze iminsi muri Kenya yamagana ubu bwicanyi, Perezida wa Kenya, William Ruto yatangaje ko icyo gikorwa kibabaje kandi kidakwiye.

Umupolisi warashe umusivile wigaragambyaga muri Kenya, yatawe muri yombi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa