skol

Kinshasa: Abakozi bashinjwa guheza indege ya Tshisekedi mu kirere bafunzwe

Yanditswe: Friday 12, Sep 2025

featured-image

Abashinzwe umutekano baraye bafunze abakozi benshi bo ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Ndjili i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashinjwa guheza indege ya Perezida Félix Tshisekedi mu kirere.

Indege ya ‘DRC001’ yari itwaye Perezida Tshisekedi yageze mu kirere cy’i Kinshasa mu ijoro ryo ku wa 10 rishyira uwa 11 Nzeri 2025, ubwo yari avuye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga muri Kazakhstan.

Umuyobozi w’urwego rushinzwe ingendo zo mu kirere (RVA), Ngoma Mbaki Léonard, yasobanuye ko ubwo iyi ndege yasatiraga iki kibuga, umuriro w’amashanyarazi wabuze, biba ngombwa ko indege nyinshi zijya kugwa i Brazaville muri Repubulika ya Congo.

Byamenyekanye ko ubwo iki kibazo cyabaga, indege yari itwaye Tshisekedi yo yamaze iminota 11 izenguruka mu kirere ubwo umupilote yari ategereje ko abamuyobora bamuha amabwiriza.

Ku ikubitiro, benshi bashinzwe kuyobora indege kuri iki kibuga batawe muri yombi, umuyobozi w’iki kibuga cy’indege ahagarikwa by’agateganyo, hatangira iperereza kugira ngo hamenyekane abantu bose bagize uruhare mu kubaho kw’iki kibazo.

Bikekwa ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ku kibuga cy’indege cya Ndjili ryatewe n’uburangare bw’ubuyobozi, kuko mbere hagombaga kuba harateguwe ingufu z’ingoboka mu gihe habaye ikibazo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa