Urukiko Rukuru rw’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rukorera i Kinshasa rwakatiye Colonel Jean de Dieu Mambweni igihano cy’urupfu nyuma yo gusanga yaragize uruhare rukomeye mu rupfu rw’impuguke ebyiri z’Umuryango w’Abibumbye ziciwe muri Kasai mu ntangiriro za 2017.
Tariki ya 12 Werurwe uwo mwaka, Zaida Catalan wari ufite ubwenegihugu bwa Suède na Chile na Michael Sharp wo muri Leta Zunze Ubumwe, bagiye muri Kasai gukora iperereza ku bwicanyi bwakozwe n’umutwe witwaje intwaro wa Kamuina Nsapu.
Ubwo izi mpuguke zari zigeze ku kiraro kiri hafi y’agace ka Moyo-Musila, bahagaritswe n’abarwanyi b’uyu mutwe, babajyana mu gihuru, babarasirayo. Imirambo yabo yabonetse hashize iminsi 16.
Col Mambweni washinjwaga kugira uruhare muri ubu bwicanyi kuko yakoranaga na Kamuina Nsapu kandi akaba yari yahuye n’izi mpuguke mbere y’uko zicwa, yatawe muri yombi hamwe n’abandi bantu 27.
Mu rubanza rwabaye muri Mutarama 2019, Col Mambweni yakatiwe igifungo cy’imyaka 10, abandi 49 barimo 22 batafashwe bakatirwa igihano cy’urupfu, gusa Ubushinjacyaha ntibwanyuzwe n’imikirize y’urubanza kuko bwahise bujurira.
Abo mu miryango y’izi mpuguke ndetse n’imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu byagaragaje ko urukiko rutagaragaje uruhare rukomeye abakozi ba Leta bagize mu rupfu rwazo.
Icyo gihe, umuvandimwe wa Zaida witwa Elizabeth Morseby yatangaje ko hari amajwi urukiko rwahawe yumvikanamo Col Mambweni agaragaza impungenge z’uko izi mpuguke zishobora kugaragaza uruhare rwa Leta mu byaha byakozwe na Kamuina Nsapu, zigahishura ahantu h’ibanga hahishwe imirambo.
Muri Mutarama 2026, umuryango Human Rights Watch watangaje ko mu rubanza rwo mu 2022, urukiko rwirengagije amashushso agaragaza abakozi ba Leta bajyana izi mpuguke ahantu zafatiwe n’inyeshyamba mu buryo bugaragaza ko bari bazi ko zicwa.
Tariki ya 5 Kamena, Urukiko Rukuru rw’igisirikare rwahamije ko koko Col Mambweni yayoboye igikorwa cyo kwica izi mpuguke, rumukatira igihano cy’urupfu, rugumishaho igihano cyakatiwe abandi 49.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *