skol
fortebet

Korea ya Ruguru irashinja iy’Epfo kuvogera ikirere cyayo ikoresheje za drones

Yanditswe: Monday 28, Oct 2024

featured-image

Sponsored Ad

Minisiteri y’ingabo y’igihugu cya Koreya ya Ruguru yashinje ingabo za Koreya y’Epfo kohereza indege zitagira abapilote mu karere kayo ku mpamvu za politiki, ivuga ko ari ukurenga ku busugire bw’igihugu, nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Leta, KCNA, kuri uyu wa Mbere, itariki 28 Ukwakira 2024 .

Sponsored Ad

Minisiteri yatangaje ibyavuye mu iperereza ryayo nyuma yo kuvuga ko indege zitagira abapilote zo muri Koreya y’Epfo zagurutse hejuru ya Pyongyang nibura gatatu muri uku kwezi kugira ngo zikwirakwize impapuro zitariho imikono zirwanya amajyaruguru.

KCNA yashyize ahagaragara kandi amafoto y’ibyo yasobanuye ko ari indege itagira umupilote ya gisirikare ya Koreya y’Epfo yaguye.

Mu isesengura rya gahunda yo kugenzura indege zitagira abapilote, abayobozi ba Koreya ya Ruguru bavuze ko bavumbuye gahunda z’indege zirenga 230 kuva muri Kamena 2023, harimo na gahunda yo gukwiza “inyandiko zishingiye kuri politiki.”

Bivugwa ko ku itariki ya 8 Ukwakira drone yavuye ku kirwa cyo ku mupaka w’amajyepfo cya Baengnyeongdo mu masaha akuze y’ijoro maze irekurira udupapuro hejuru y’inyubako za minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’iy’ingabo i Pyongyang nyuma y’amasaha make.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa