Kwanga kuganira na M23 ubwabyo biragaragaza ko hari ikibazo – ECC
Yanditswe: Friday 28, Feb 2025
“Ni ibisanzwe rwose (kuri Perezida Tshisekedi kuvuga ko atazigera aganira na M23). Ibi biremeza ko turi mu bihe by’amakimbirane n’ibibazo ”, uyu ni Umuvugizi w’Itorero rya Kristo muri Congo (ECC), avugana na Top Congo FM ku byerekeye itangazo riheruka ry’umukuru w’igihugu wongeye kubishimangira, imbere y’abagize umuryango we wa politiki, ko atavugana na M23, yakunze kwita “igikoresho cy’ubutegetsi bwa Kigali”.
Pasiteri Eric Senga, usa nk’udahangayikishijwe n’ibyo perezida avuga, ahubwo yibutsa ko “abapasitoro batojwe neza mu buryo bwo guhindura amakimbirane “.
Ati: “Ni impuguke, abahugura, abarimu. Ibyo bakora ubuzima bwabo bwose ni ukubwiriza ubwiyunge ”.
Uyu muvugizi w’itorero ry’abaporotesitanti yagize ati: “Nanone,“ mu bihe by’amakimbirane, ni ibisanzwe ko buri ruhande rushyiraho amananiza runaka cyangwa rugashyiraho ibisabwa. ”
Pasitoro Eric Senga yatangaje ko hateguwe “gusengera amahoro no kubana i Kinshasa, muri katedrali y’imyaka ijana y’abaporotesitanti”.
Yagize ati: “Kugeza icyo gihe, itariki yatoranyijwe ni iya 1 Werurwe 2025”.
Hagati aho, agira ati: “Turakomeza imirimo kandi amaherezo tuzashyikiriza kandi dusangize abarebwa n’iki kibazo, raporo ibanza y’ibyifuzo byacu mbere yo gukomeza kuko haracyari icyiciro cya kabiri kigizwe no guhura n’abakuru b’ibihugu bisigaye mbere yo kurangiza kugisha inama.”
Yongeyeho ko kuri ubu, “ubunyamabanga bwa tekiniki buri mu nzira yo guhindura raporo zitandukanye zakiriwe. Muri icyo gihe kandi, hari inyandiko n’ibisobanuro byatanzwe n’abagishijwe inama ”.
Twakwibutsa ko intumwa za Kiliziya Gaturika n’Itorero ry’Abaporitestanti baherutse kugirana ibiganiro na Leta ya Kinshasa na AFC/M23 ndetse bakaba barageze no mu Rwanda kumva icyo rutekereza ku bibera mu burasirazuba bwa Congo rushinjwa kugiramo uruhare nubwo rutabyemera.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *