skol

Laboratwari ya miliyari 2 Frw izafasha mu kugenzura ‘gaz méthane’ mu Kivu igeze kuri 80% yubakwa

Yanditswe: Thursday 23, Oct 2025

featured-image

Imirimo yo kubaka laboratwari yo kugenzura gaz méthane yo mu Kiyaga cya Kivu no gukurikirana ko ibidukikije bibungabunzwe neza kuri iki kiyaga, igeze kuri 80% ku buryo mu kwezi gutaha izaba yarangiye.

Ni laboratwari izuzura itwaye miliyari 2 Frw. Iri kubakwa mu Karere ka Rubavu. Ni mu mushinga mugari wo kugenzura iki kiyaga gifitiye u Rwanda akamaro (uzwi nka Lake Kivu Monitoring Program: LKMP).

Izaba irimo ibikoresho bihambaye bijyanye no kugenzura uko kubungabunga ibidukikije byubahirizwa, ubuziranenge bw’amazi na gaz ari na ko ifasha mu bushakashatsi butandukanye.

Iyi laboratwari kandi izafasha abahanga mu bijyanye n’ibinyabuzima, ubutabire, ubumenyi bw’Isi n’ibindi kubona ibikoresho bihambaye bakoresha mu bushakashatsi bidakunze kuboneka mu karere.

Umuyobozi w’Ishami ryo kugenzura Ikiyaga cya Kivu mu Kigo gishinzwe kurengera Ibidukikije mu Rwanda, REMA, ushinzwe Eric Mudakikwa Ruhanamirindi, yavuze ko mu Ugushyingo imirimo yo kubaka iyi laboratwari izaba yarangiye, ku buryo mu kwezi kuzakurikiraho izatahwa.

Ubwo yaganiraga na Komisiyo Ishinzwe Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi no kubungabunga Ibidukikije mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Mudakikwa Ruhanamirindi, yagize ati “Impamvu nyamukuru ni ukureba uburyo gucukura gaz methane byakorwa bitangije ibidukikije.”

Umuhuzabikorwa w’Ishami rya REMA rishinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga, Alex Mugabo, yavuze ko kubaka iyi laboratwari bigeze kuri 80%.

Ati “Umushinga wakagombye kuba wararangiye ariko turacyakeneye kongeramo ari hagati ya miliyoni 500 Frw na miliyoni 600 Frw kugira ngo imirimo isigaye irangire. Ubu imirimo iri kugenda neza.”

REMA igaragaza ko amafaranga akenewe ngo uyu mushinga urangire yose yamaze kuboneka ku buryo nta zindi mpungenge zihari.

Imibare igaragaza ko Ikiyaga cya Kivu gifite gaz methane iri hagati ya kilometerokibe 60 na 70 ndetse ingana na kilometerokibe 44,7 ishobora gucukurwa.

Iki kiyaga kandi gikorerwamo indi mirimo itandukanye nk’ubwikorezi, uburobyi, ubukerarugendo n’ahantu ho kuruhukira ku bakunda amahumbezi yo ku mazi.

U Rwanda rufite inganda ebyiri zicukura uyu mutungo kamere zirimo KivuWatt na Shema Power Lake Kivu ndetse mu bihe bya vuba haratangira urundi ruganda ruzwi nka GasMeth.

Mu myaka itanu iri imbere u Rwanda ruzashora arenga miliyari 1$ mu mishinga izafasha kubona megawatt 1000 zizaba zikenewe mu mirimo itandukanye y’igihugu.

Aya mafaranga azanakoresha mu mishinga yo guteza imbere icukurwa rya gaz méthane ku buryo hitezwe megawatt 136 z’amashanyarazi azaturuka kuri uyu mutungo kamere.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa