skol

Leta ya RDC iri kugerageza kwisubiza Rubaya ku ngufu

Yanditswe: Tuesday 24, Feb 2026

featured-image

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryakajije ibitero muri santere ya Rubaya iri muri teritwari ya Masisi, rigamije kuhakura abarwanyi ba AFC/M23 bamaze hafi imyaka ibiri bahagenzura.

Iri huriro ririmo ingabo za Leta ya RDC n’imitwe ya Wazalendo ryagabye ibitero bikomeye mu duce dukikije Rubaya turimo Kawele, Kanyaru na Mululu muri sheferi ya Bahunde kuva mu gitondo cyo wa 23 Gashyantare 2026.

Imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo ivugwaho kugira uruhare ibi bitero irimo PARECO-FF, Mai Mai-Lamuka na Raia Mutomboki, yose yari isanzwe ikorera mu bice byinshi bya Masisi mbere y’uko abarwanyi ba AFC/M23 babifata.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 Gashyantare, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko drones z’ingabo za Leta ya RDC zazindutse zirasa muri santere ya Rubaya, hapfa abasivili.

Kanyuka yagize ati "Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24 Gashyantare 2026, kuva saa munani n’iminota 43 z’urukerera, drones z’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Kinshasa ziri kurasa nta kuvangura muri santere ya Rubaya, zica igikuba mu baturage, zinica abasivili b’inzirakarengane."

Rubaya ni igice gikungahaye ku mabuye y’agaciro kuko ibirombe byayo bibitse 15% bya Coltan iri ku Isi yose. AFC/M23 yatangiye kuyigenzura mu ntangiriro za Gicurasi 2024, nyuma yo kwirukanamo ingabo za RDC, iz’u Burundi n’imitwe ya Wazalendo.

Tariki ya 5 Gashyantare 2026, Leta ya RDC yahaye Leta Zunze Ubumwe za Amerika urutonde rw’ibirombe by’amabuye y’agaciro abashoramari b’Abanyamerika bashobora gucukura bakanayatunganya. Ibyo muri Rubaya birimo.

AFC/M23 iherutse kugaragaza ko bitangaje kuba Leta ya RDC ishaka gutanga ibirombe biri mu gice itagenzura.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa