skol

Leta ya RDC yahagaritse amashyaka 12 atavuga rumwe na yo

Yanditswe: Saturday 01, Nov 2025

featured-image

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jacquemain Shabani Lukoo, ku wa 31 Ukwakira 2025 yahagaritse amashyaka 12 atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu.

Amashyaka yahagaritswe arimo PPRD ryashinzwe na Joseph Kabila wayoboye RDC kuva mu 2001 kugeza mu 2019, LGD rya Augustin Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe, UDA rya Claudel Lubaya wabaye umudepite na PISTE rya Seth Kikuni.

Harimo kandi AAP rya Théophile Mbemba wabaye Minisitiri w’Umutekano w’Imbere, MCPR ya Jean Claude Vuemba wabaye umudepite, ATD rya Joseph Makila wabaye Guverineri w’intara ya Equateur, MLP rya Franck Diongo, UPC, COFEDEC, ADCP na PNEC.

Uyu muyobozi yashinje aya mashyaka kurenga ku mahame menshi agenga amashyaka arimo gusigasira ubumwe bw’abenegihugu, kubungabunga ubwigenge bw’igihugu, ubusugire n’umutekano wacyo.

Yasabye urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga rya RDC gusenya aya mashyaka, hashingiwe ku ngingo y’itegeko rigenga amashyaka, cyane cyane ku bika biteganya ibihano afatirwa iyo yarenze ku mahame ayagenga.

Nubwo Leta ya RDC iteruye ngo isobanure impamvu ihuza iki cyemezo no kurenga ku mahame agenga amashyaka, bigaragara ko ayahagaritswe ari ayibumbiye mu ihuriro ‘Sauvons la RDC’ Joseph Kabila n’abamushyigikiye baherutse gushinga.

Iri huriro rigaragaza ko riharanira gukemura ibibazo bya RDC binyuze mu kurwanya ubutegetsi bw’igitugu, gusaba ko imitwe yitwaje intwaro yose ikorera muri iki gihugu isenywa, guharanira ibiganiro bidaheza no guharanira umubano mwiza n’ibihugu by’abaturanyi.

Bijyanye n’uko tariki ya 30 Nzeri Kabila yakatiwe igihano cy’urupfu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo kugambanira igihugu byasanishijwe no kuba ahuzwa n’ubuyobozi bw’ihuriro AFC/M23. Leta ya RDC igaragaza ko ‘Sauvons la RDC’ ishyigikiye ibikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’igihugu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa