skol

Leta ya RDC yatanze urutonde rw’amabuye y’agaciro Abanyamerika bazacukura

Yanditswe: Wednesday 21, Jan 2026

featured-image

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwoherereje Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika urutonde rw’amabuye y’agaciro Abanyamerika bazajya bacukura, bakanayatunganya.

Abayobozi babiri bo muri RDC batashatse ko amazina yabo amenyekana, babwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko uru rutonde rwohejwe i Washington D.C mu cyumweru gishize.

Uruhare rw’abashoramari b’Abanyamerika mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro yo muri RDC rushingira ku masezerano y’amahoro n’ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu, iki gihugu cyagiranye n’u Rwanda bibifashijwemo na Amerika mu Ukuboza 2025.

Leta ya RDC na Amerika byashyizeho komite ihuriweho ishinzwe kunoza gahunda yose. Abanye-Congo bayirimo ni Minisitiri ushinzwe ubukungu, uw’ububanyi n’amahanga, uw’imari n’umuyobozi w’urwego rugenzura ubucukuzi, ARECOMS.

Umwe mu bayobozi bo muri RDC yasobanuye ko mbere y’uko bafata icyemezo cyo kohereza urutonde rw’amabuye y’agaciro Abanyamerika bazacukura, nka manganese, zahabu, lithium, cuivre na cobalt, babanje gukora ubusesenguzi bwimbitse.

Aya mabuye y’agaciro yiganjemo ayo Amerika imaze igihe igaragaza ko ikeneye cyane, kugira ngo iyifashishe mu gukora ibikoresho birimo batiri z’imodoka zikoresha amashanyarazi n’ibikoresho by’ikoranabuhanga.

Uru rutonde rugaragaza ko Abanyamerika bashobora kwinjira mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu birombe bya Kisenge na Mutoshi mu Ntara ya Lualaba, Moto muri Haut-Uélé, Kilo muri Ituri, muri Kivu zombi na Maniema.

Biteganyijwe ko nyuma y’aho uru rutonde rwoherejwe, Amerika izarusuzuma, hanyuma komite ihuriweho n’ibihugu byombi ibone gutangira ibiganiro kugira ngo iganire ku buryo amasezerano yatangira gushyirwa mu bikorwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa