Leta ya RDC yongereye ashorwa mu gisirikare ngo yisubize ibice AFC/M23 yafashe
Yanditswe: Thursday 20, Nov 2025
Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Judith Suminwa Tuluka, yamenyesheje Inteko Ishinga Amategeko ko mu 2026 Guverinoma izashora miliyari 5,19 z’Amadolari mu gisirikare, igipolisi n’izindi nzego z’umutekano.
Suminwa yasobanuye ko ingengo y’imari igenerwa inzego z’umutekano ikomeje kongerwa mu rwego rwo kongerera ubushobozi kugira ngo zishobore kwisubiza ibice zambuwe n’ihuriro AFC/M23 mu burasirazuba bw’igihugu.
Yagize ati “Leta iyobowe n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’igihugu cyacu, aracyashaka kugarura ibice byose by’ubutaka bw’igihugu biri mu maboko y’umwanzi.”
Biteganyijwe ko aya mafaranga azifashishwa mu gutoza abasirikare n’abandi bakorera mu nzego z’umutekano, kubaha amahugurwa abafasha kuba abanyamwuga, kugura ibikoresho bya gisirikare, kubaka ibikorwaremezo bya gisirikare ndetse no kuvugurura ibitakigezweho.
Muri rusange, Guverinoma ya RDC yateganyije ko ingengo y’imari yose izakoreshwa mu 2026 ari miliyari 59.021 z’amafaranga y’Amanye-Congo, zingana na miliyari 25,75 z’Amadolari ya Amerika.
Bigaragara ko izindi nzego zizakomeza kuryamirwa cyane n’urw’umutekano nk’uko byagenze kuva intambara yakaza umurego mu ntangiriro za 2022, kuko nk’ibikorwaremezo, ubuhinzi n’inganda byagenewe miliyari 5,22 z’Amadolari, uburezi bugenerwa miliyari 2,9 z’Amadolari, ubuzima bugenerwa miliyari 2,43 z’Amadolari.
Guverinoma ya RDC isobanura ko nta cyuho kizaba mu ishoramari rikorwa mu zindi nzego zitari urw’umutekano, bitewe n’uko ingengo y’imari yongereweho 16% ugereranyije n’iy’umwaka wa 2025 kuko yo yari miliyari 22,12 z’Amadolari.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *