Leta ya Zambia iracyashaka gushyingura Edgar Lungu wapfuye mu mezi 10 ashize
Yanditswe: Thursday 23, Apr 2026
Guverinoma ya Zambia yatangaje ko igifite umugambi wo gushyingura Edgar Lungu wahoze ari Perezida w’iki gihugu, ibintu umuryango we ukomeje kwamaganira kure.
Ibi byatangajwe na Guverinoma ya Zambia ku wa 23 Mata 2026, bikaba bije byiyongera ku makimbirane yahozeho hagati ya Edgar na Perezida Hakainde Hichilema uri ku butegetsi ari na we wamusimbuye.
Ubutegetsi bwa Zambia bwatsimbaraye ku cyemezo cyabwo buvuga ko nk’uwahoze ari umukuru w’igihugu, akwiye guhabwa icyubahiro, agashyingurwa hamwe n’abamubanjirije mu irimbi ryihariye ry’abaperezida riri mu murwa mukuru Lusaka.
Gusa umuryango wa Dr. Edgar Lungu wifuzaga ko yashyingurwa mu buryo bwihariye, nyuma y’uko ibiganiro hagati yabo na guverinoma ku mitegurire y’ishyingurwa rye itumvikanyweho.
Ku wa 8 Kanama 2025, urukiko rwo muri Afurika y’Epfo rwari rwanzuye ko umurambo wa Dr. Edgar ujyanwa muri Zambia kugira ngo Leta imushyingure mu cyubahiro.
Minisitiri w’Ubutabera muri Zambia Mulilo Kabesha, yatangaje ko umuryango wa Dr. Edgar wajuririye icyo cyemezo cyo kwimurwa k’umurambo ugaragaza ko bazakomeza kuburana urubanza rwabo mu rukiko rw’ubujurire.
Mu kiganiro n’itangazamakuru ryo muri Zambia ku mugoroba wo ku wa Gatatu, umuvugizi w’umuryango wa Lungu, Makebi Zulu, yahakanye ko ubujurire bwabo bwaba bwararangije igihe, avuga ko uburyo bukurikizwa mu mategeko bwubahirijwe kandi neza.
Ubu abanyamategeko b’umuryango bamaze gutanga ubusabe bwihutirwa mu Rukiko Rukuru rwo muri Afurika y’Epfo, basaba ko umurambo w’uwahoze ari perezida usubizwa aho wari wabitswe mbere mu buruhukiro.
Edgar Chagwa Lungu wayoboye Zambia kuva muri Mutarama 2015 kugeza muri Kanama 2021 yitabye Imana ku wa 5 Kamena 2025, ubwo yari mu bitaro muri Afurika y’Epfo.
Yavuye ku buyobozi bwa Zambia ubwo yatsindwaga na Hakainde Hichilema mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu 2021.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *