skol

Leta yatanze ibyumweru bibiri: Ikibazo cya moto za Spiro gihagaze gute? Umuti uraba uwuhe?

Yanditswe: Friday 14, Nov 2025

featured-image

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yerekanye ko yinjiye mu kibazo cya moto z’amashanyarazi z’uruganda Spiro, zimaze igihe zishinjwa ibibazo bitandukanye bijyanye n’ubuziranenge bwazo, yemeza ko hagomba kuboneka igisubizo kirambye kandi gifatika mu gihe cya vuba.

Moto z’uru ruganda ni zimwe mu zimaze kumenyekana ku isoko ry’u Rwanda, cyane cyane kuva rwafata icyemezo cyo kwimakaza ikoreshwa ry’ibinyabiziga by’amashanyarazi.

Mu nenge abakoresha moto za Spiro cyane cyane abamotari bamaze igihe bagaragaza, harimo ikibazo cya bateri zishyuha cyane, kuba zitakibika umuriro igihe kinini no kuba abakeneye ibikoresho byo gusimbuza igihe ibindi byangiritse bagorwa no kubibona.

Ibi bibazo bya bateri ngo bishobora no kugira ingaruka kuri feri z’iyi moto, aho bagaragaza ko zishobora guteza impanuka.

MINICOM ku wa 11 Ugushyingo 2025 yatangaje ko yakiriye ibibazo byagaragajwe n’abakiliya ba Spiro, kandi ko ku bufatanye na RICA, RSB, RURA na MININFRA biri gukurikiranwa kugira ngo bishakirwe ibisubizo.

Mu kiganiro na IGIHE, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, Antoine Marie Kajangwe, yagaragaje ko ikibazo cyamaze kumenywa n’inzego zitandukanye kandi ko bari kugikurikirana.

Ati “Ikibazo uko cyagaragaye, uko cyavuzwe ku mbuga nkoranyambaga, mu makuru n’ibyo natwe tubona abatwegera nka Minicom, twabonye ko harimo ikibazo koko. Twegereye uru ruganda rukora kugira ngo twumve imbogamizi bagize tunabibutse ko bafite inshingano ku Banyarwanda, ku baguzi no ku bakiliya babo.”

Yavuze ko kandi hari kurebwa niba hari icyo uru ruganda rwaba rwarishe bishingiye ku mategeko no kurengera abaguzi n’abantu muri rusange cyane ko hagiye havugwa ibibazo bishingiye kuri feri zidakora uko bikwiye.

Yakomeje agaragaza ko hagomba kuboneka igisubizo kirambye kandi gifatika gisubiza ibyo bibazo bigaragazwa n’abakiliya ba Spiro.

Ati “Ni ibintu turimo kwiga, turi kubirebera muri rusange kugira ngo dushake igisubizo. Ariko ku rundi ruhande ni uruganda rukora, ruri gutanga akazi, runatanga ibicuruzwa byagakwiye kuba ari byiza binakenewe ku isoko, rero ni ibintu turimo kurebaho.”

Yongeyeho ati “Kuba hagomba kuba hari igisubizo kirambye kandi gifatika gisubiza kuri ibyo bibazo byo bigomba kuba. Turi gukorana n’inzego nyinshi zitandukanye, RICA, RSB, MINECOFIN, n’izindi. Nabonye hari n’abasabye ko twakorana na RIB nayo bibaye ngombwa icyo gihe nayo bizakorwa. Icyangombwa ni uko hagomba kuboneka igisubizo kandi kizaboneka.”

Kajangwe kandi yavuze ko bitarenze ibyumweru bibiri igisubizo kuri ibyo bibazo kizaba cyamenyekanye.

Ati “Ndumva mu mpera z’iki cyumweru cyangwa mu itangiriro z’ikindi hazaba hari igisubizo kandi muzakimenyeshwa.”

Icyo Spiro yavuze kuri iki kibazo

Binyuze mu itangazo Spiro yashyize hanze ku wa 8 Ugushyingo 2025, yavuze ko bimwe mu bibazo moto byari byagaragaye, byamaze kubonerwa umuti.

Yavuze ko hari bateri zishobora kugira ibibazo, ko “ariko iyo bigaragaye zihita zihindurwa. Ndetse ibikorwa bikomeje byo kuzivugurura byahinduye imikorere yazo”.

Uru ruganda rwavuze ko ikibazo cyakunze kubaho cyo kubura kw’ibikoresho by’izi moto cyakemuwe, ko kandi gufungura ikigo giteranya izi moto mu Rwanda byoroheje ibijyanye na serivisi zo kuzikanika.

Kugeza ubu, Spiro ikorera ku masite asaga 650 yo guhindura bateri hirya no hino mu Rwanda, 50% abarizwa mu Mujyi wa Kigali. Ivuga ko ibi bituma abamotari babasha gusimbuza bateri zabo mu gihe gito.

Iti "Nubwo ibibazo bya tekiniki bishobora kuvuka, bateri zifite inenge zihita zisimburwa, kandi ivugurura ryazo rikomeje kuba, ryatumye imikorere n’ubwizerwe byazo byiyongera. Dukomeje no kwagura imikorere yacu. Ubu duteganya kugera ku bigo byo gusimbura bateri 1200 mu mpera z’umwaka wa 2025, kugira ngo itangwa rya serivisi n’ubwisanzure by’abamotari bacu byiyongere."

Spiro yatangiye gukorera mu Rwanda mu 2022.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa