skol
fortebet

Loni yasabye ko intwaro zihabwa impande zihanganye muri Sudani zihagarikwa

author-image

Yanditswe na: ISHIMWE Jean de Dieu
Kuwa: Friday 15, Nov 2024

Loni yasabye ko intwaro zihabwa impande zihanganye muri Sudani zihagarikwa

Sponsored Ad

skol

Umuryango w’Abibumbye wasabye ibihugu bitandukanye guhagarika gutanga intwaro ku mpande ziri mu ntambara muri Sudani, ivuga ko izo ntwaro ari zo ziri gutiza umurindi iyo ntambara bikagira ingaruka no ku baturage.

Muri Sudani intambara imaze igihe ihuza ingabo za Leta (SAF) n’umutwe w’abasirikare w’Inkeragutabara uzwi nka Rapid Support Forces (RSF).

Iyi ntambara, yatewe no gushyamirana ku butegetsi hagati ya Mohamed Hamdan Dagalo wa RSF na Abdel Fattah al-Burhan uyoboye Sudani mu buryo bwa gisirikare.

Ni intambara imaze gutwara ubuzima bw’abantu basaga 24,000, abagera kuri miliyoni 11 bavuye mu byabo, hafi miliyoni eshatu bakaba barahungiye mu bihugu by’ibituranyi.

Umuyobozi wungirije wa Loni, Rosemary DiCarlo yashimangiye ko inkunga z’amahanga ziri gutiza umurindi iyi ntambara, anamagana inkunga zitangwa n’ibihugu bihengamiye ku mpande zombie.

Leta ya Sudani ishinja Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu gushyigikira RSF, hari n’amakuru ko RSF ikorana n’umutwe wa Wagner w’u Burusiya ndetse n’ibihugu nka Tchad, Libya na Sudani y’Epfo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa