skol

Lt Col Damiba wayoboye Burkina Faso yirukanywe muri Togo

Yanditswe: Tuesday 20, Jan 2026

featured-image

Lt Col Paul-Henri Sandaogo Damiba wayoboye Burkina Faso kuva muri Mutarama kugeza muri Nzeri 2022 ubwo yakurwaga ku butegetsi na Capt Ibrahim Traoré, yirukanywe muri Togo.

Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, yatangaje ko Lt Col Damiba yakuwe mu rugo yabagamo mu karere ka Lomé 2, ajyanwa mu Rukiko rw’Ubujurire tariki ya 16 Mutarama 2026, na rwo rufata umwanzuro w’uko yoherezwa muri Burkina Faso.

Leta ya Burkina Faso ni yo yasabye ko yohererezwa Lt Col Damiba kugira ngo imukurikirane. Tariki ya 3 Mutarama, yatangaje ko yaburijemo umugambi wo gukura ku butegetsi Capt Traoré kandi ngo ni we wawuteguye.

Nyuma y’umwanzuro w’urukiko rwa Lomé, ibintu bya Lt Col Damiba byose byakuwe muri uru rugo rwari rucungiwe umutekano cyane. Aho ni ho abasirikare bamukuye tariki ya 17 Mutarama, bamuherekeza ku kibuga cy’indege, indege imujyana ahantu hataramenyekana.

Nubwo ntacyo Leta z’ibihugu byombi ziratangaza, ikinyamakuru Le Monde cyatangaje ko Lt Col Damiba ashobora kuba yoherejwe muri Burkina Faso kugira ngo aburanishwe.

Lt Col Damiba yari yaragiye ku butegetsi akuyeho Roch Mark Christian Kaboré muri Mutarama 2022. Impamvu Capt Traoré yatanze ubwo na we yajyaga ku butegetsi, yasobanuye ko uyu musirikare mugenzi we gukorana n’amahanga n’imitwe y’iterabwoba kugira ngo bahungabanye igihugu.

Niba Lt Col Damiba yaroherejwe muri Burkina Faso, ashobora gukurikiranwaho ibyaha bikomeye birimo kugambanira igihugu, bihanishwa igihano cy’urupfu.

Lt Col Damiba yakuwe ku butegetsi muri Nzeri 2022, ahungira muri Togo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa