Lt Gen Masunzu, Patrick Sasa na Ruhorimbere bari mu mazi abira
Yanditswe: Tuesday 04, Nov 2025
Lt Gen Pacifique Masunzu, Brig Gen Patrick Sasa Nzita na Eric Ruhorimbere Ruhanga biyongereye ku rutonde rw’abofisiye bakuru bo ku rwego rwa ‘Général’ bakurikiranywe n’ubutabera bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Lt Gen Masunzu asanzwe ari umuyobozi wa zone ya gisirikare ya gatatu ihuza intara za Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo, Maniema, Ituri, Tshopo, Bas-Uélé na Haut-Uélé.
Uyu musirikare ukomoka muri Minembwe na Colonel Bwange Safari umwungirije batawe muri yombi tariki ya 2 Ugushyingo 2025 ubwo bari i Kisangani mu Ntara ya Tshopo, boherezwa mu Murwa Mukuru, Kinshasa.
Tariki ya 22 Nzeri 2025, abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 bafashe Mujyi wa Nzibira uherereye muri Teritwari ya Walungu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’imirwano ikomeye yayihanganishije n’Ingabo za RDC na Wazalendo.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC, Gen Jules Banza Mwilambwe, yashinje Lt Gen Masunzu uburangare bwatumye abasirikare ba Leta na Wazalendo batsindwa urugamba rwabereye muri uyu mujyi uri mu y’ingenzi cyane muri Kivu y’Amajyepfo.
Hari amakuru yemeza ko ubwo Lt Gen Masunzu na Col Bwange batabwaga muri yombi, Gen Banza yagiriraga uruzinduko rw’akazi mu Mujyi wa Kisangani.
Kuva mu kwezi gushize, umuyobozi w’urwego rw’igisirikare cya RDC rushinzwe iperereza (Ex-DEMIAP), Brig Gen Sasa, akurikiranyweho icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina.
Iki cyaha gishingiye ku kirego cyatanzwe n’umusirikare w’umugore, Lt Col Viviane Masika, muri Kanama 2024 ubwo Brig Gen Sasa yari umuyobozi wungirije w’urwego rw’iperereza rya gisirikare.
Abanyamategeko ba Lt Col Masika icyo gihe basabye Perezida Félix Tshisekedi wa RDC, Minisitiri w’Intebe, Minisitiri w’Ingabo na Minisitiri w’Ubutabera gufasha umukiliya wabo akabona ubutabera, bagaragaza ko cyaba ari ikimenyetso cyo gushyigikira abagore bose bahohoterwa.
Nyuma y’aho urubanza rwa Brig. Gen. Sasa rubereye mu Rukiko Rukuru rwa gisirikare mu muhezo, Ubushinjacyaha bwasabiye uyu musirikare igifungo cy’imyaka ibiri. Biteganyijwe ko na we azatanga icyifuzo cye tariki ya 5 Ugushyingo.
Umuryango FBCP (Fondation Bill Clinton pour la Paix) uharanira uburenganzira bw’imfungwa muri RDC, watangaje ko Gen Eric Ruhorimbere wakoze imirimo itandukanye mu gisirikare cya RDC, na we yatawe muri yombi akekwaho gukorana n’umwanzi.
Gen Ruhorimbere yavukiye muri Ninembwe. Kuva mu 2014 kugeza mu 2018 yabaye umuyobozi wungirije w’intara ya gisirikare ya 21, aba umuyobozi w’ibikorwa bya gisirikare muri Nord Equateur kuva mu 2018 kugeza mu 2022.
Muri RDC hafunzwe abofisiye benshi barimo abafite amapeti yo mu cyiciro cya Général na Colonel, bakekwaho ibyaha bitandukanye, birimo gukorana n’umwanzi, kugambanira igihugu, kunyereza umutungo w’igihugu no gushaka kugirira nabi Umukuru w’Igihugu.
Perezida w’umuryango FBCP, Emmanuel Adu Cole, yatangaje ko abenshi muri aba bofisiye bafunzwe mu buryro butemewe n’amategeko kuko batigeze baburanishwa cyangwa ngo baregerwe urukiko.
Ati: “Twasanze ba Général benshi, ba Colonel, Major, Captain, abasirikare bato n’abapolisi bafungiwe amezi menshi n’imyaka muri gereza ya gisirikare ya Ndolo, Gereza Nkuru ya Makala no mu zindi kasho zitazwi, binyuranyije n’amategeko, bataburanishwa cyangwa ngo baregerwe abacamanza.”
Mu basirikare bakuru bafunzwe harimo Gen Christian Tshiwewe Songesha wabaye Umugaba Mukuru w’ingabo n’umujyanama wa Tshisekedi na Gen Franck Ntumba wayoboye ishami ry’igisirikare mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu.
Lt Gen Masunzu akurikiranyweho kugira uruhare mu ifatwa rya Nzibira, ishobora gutuma aregwa kugambanira igihugu
Brig Gen Sasa (uri mu kaziga) akurikiranyweho guhohotera Lt Col Masika
Gen Ruhorimbere ashinjwa gukorana n’umwanzi



Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *