Machado wo muri Venezuela yegukanye Prix Nobel yashakwaga na Trump
Yanditswe: Friday 10, Oct 2025
Maria Corina Machado wo muri Venezuela, yahawe igihembo cy’amahoro cya Nobel kubera uruhare rwe mu “guteza imbere amahoro” muri Amerika y’Epfo, agace bivugwa ko “demokarasi iri mu kaga.”
Machado yatangajwe n’akanama gatanga iki gihembo nk’uwatsinze, mu muhango wabereye i Oslo kuri uyu wa Gatanu.
Ni umuntu utavuga rumwe na Leta muri Venezuela. Mu mwaka ushize, yashakaga kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu ariko ntiyabyemererwa.
Ni inkuru ishobora kubabaza Perezida Trump, umaze igihe agaragaza ubushake bwo kubaka amahoro, rimwe na rimwe abifiteho inyota yo guhabwa iki gihembo. Ni intumbero yagaragaje kuva yasubira ku butegetsi muri Mutarama uyu mwaka.
Mu masaha 24 ashize, Trump yashyize inyandiko nyinshi kuri Truth Social, avuga ko akwiye guhabwa iki gihembo kubera amasezerano y’amahoro yashyizweho hagati ya Hamas na Israël yo guhosha intambara muri Gaza, kandi ko ari ukubera uruhare rwe.
Kuva yasubira ku butegetsi, Trump yavuze ko yahagaritse “intambara zirindwi,” zirimo n’iy’u Burusiya bwateje muri Ukraine, mu gihe ikiri gukomeza kugeza ubu.
Trump agaragaza inyota yo kwemerwa kubera ibikorwa bye byo gushaka kurangiza intambara Amerika yagiye ijyamo hirya no hino ku isi.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *