Kuri uyu wa 7 Gicurasi 2026, ku isaha ya saa 13h20, ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye igitero simusiga zikoresheje drone mu gace ka Kalenga gatuwe cyane, gaherereye muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru, gihitana abasivile benshi.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ihuriro AFC/M23 rivuga ko “Iki gitero cyahitanye abasivili benshi kandi bituma abaturage benshi bahunga.”
Iri huriro rikomeza rivuga ko mu guhangana n’ubu bugizi bwa nabi bukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa, ryongeye gushimangira ko ryiyemeje bidasubirwaho kurengera no kurinda abaturage b’abasivili ihohoterwa, ibisasu bitavangura, ndetse n’ihonyorwa rikomeye ry’uburenganzira bwa muntu bikorwa mu rwego rw’intambara ryashyizweho na Perezida Tshisekedi.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *