skol

Mburugu imeze nabi mu Budage

Yanditswe: Sunday 28, Sep 2025

featured-image

Indwara ya Mburugu yandurira mu mibonano mpuzabitsina, iterwa n’agakoko kitwa ‘Treponema Pallidum’, ikomeje kwiyongera mu Budage cyane cyane mu baryamana n’abo bahuje ibitsina.

Ibi ni ibyagaragajwe muri raporo iherutse gusohoka y’Ikigo ubushakashatsi ku ndwara zitandukanye cya ’Robert Koch institute’.

Iyi raporo igaragaza ko mu 2024 habonetse abantu 9.519 banduye mburugu, ni mu gihe mu 2001 hari hagaragaye abantu 1.697, ibigaragaza ko ibyago byo kwandura iyi ndwara byiyongereyeho 460% mu myaka irenga 20 ishize.

Iyi ndwara yakomeje kwiyongera mu 2004 kuko hagaragaye abayanduye 3.364 cyane cyane mu bagabo baryamana n’abo bahuje ibitsina n’abagabo baryamana n’abakobwa bahoze ari abagabo nyuma bakaza kwihinduza ibitsina.

Raporo igaragaza ko abanduye mburugu bazamutseho 3,9% kuva mu 2023 bakaba bari mu kigero cy’imyaka 41, aho higanjemo abaryamana n’abo bahuje ibitsina, abagore bo bakaba ari 7,6% byabanduye bose ni mu gihe abaryamana n’abo badahuje ibitsina biyongereyeho gato.

Raporo ivuga ko ubwiyongere bwinshi bwagaragaye bwa mbere mu 1997 mu mujyi wa Hamburg mu baryamana na bo bahuje ibitsina, mu 2003 abasore n’abagabo bari bafite ibyago byo kwandura mburugu inshuro 10 kurusha abagore.

Kuri ubu ubwiyongere bukaba bukomeje kuzamuka aho 75% y’abanduye bose ari abaryamana n’abo bahuje ibitsina. Kimwe cya kabiri cyabo bafite ubwandu bwa virusi itera Sida bamwe muri bo bakaba banafite hepatite C.

Ubwandu bwinshi bugaragara mu mijyi minini nka Berlin, Hamburg, Cologne, Frankfurt na Munich.

Abashakashatsi bavuga ko gukwirakwiza indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina byiyongereye kubera imbuga nkoranyambaga, kuko abantu bazikoresha bashaka abakunzi, bahura bakaba bakora imibonano mpuzabitsina kandi baba bataziranye bigatuma ibyago byo kwandura byiyogera.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa