Itsinda ry’abanyamategeko bunganira Aubin Minaku na Ramazani Shadary rivuga ko abakiliya baryo bamaze amezi abiri bafungiye ahatazwi, aho bavuga ko batemerewe gusurwa n’abanyamategeko babo cyangwa abagore babo.
Me Jean Mbuyu, umwe mu banyamategeko babunganira, yavuze ko kugeza ubu nta rwego rwa Leta rwigeze rubamenyesha ku mugaragaro icyaha cyangwa ikirego abakiliya be bakurikiranweho. Yagaragaje ko nyuma yo kubaza inzego zitandukanye zirimo Minisiteri y’Ubutabera, ubutabera bwa gisirikare n’ubusanzwe, bose basubije ko nta dosiye yabo bafite.
Uyu munyamategeko yavuze kandi ko uko ibintu bimeze bisa n’ibyabaye ku mupasiteri Ngoy Mulunda, na we umaze igihe kirenga umwaka afungiye ahatazwi, aho bivugwa ko atemerewe kubonana n’abamwunganira cyangwa n’abagize umuryango we.
Me Mbuyu ashimangira ko niba ayo makuru ari ukuri, byaba binyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane cyane ingingo ya 17 n’iya 18, zishingira ku burenganzira bw’umuntu bwo kutamburwa ubwisanzure bwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse n’uburenganzira bw’ufashwe bwo guhita amenyeshwa impamvu yatawe muri yombi.
Kugeza ubu, ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntiburagira icyo butangaza ku byatangajwe n’abanyamategeko bunganira Aubin Minaku na Ramazani Shadary.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *