Minembwe: Bombe zikomeje kubica nyuma yo gutwika agace ka Kalongi
Yanditswe: Sunday 01, Mar 2026
Amabombe akomeje kuvuza ubuhuha kuri iki Cyumweru nyuma y’uko kuwa Gatandatu, itariki 28 Gashyantare 2026, saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba, ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zitwitse Umudugudu wa Kalongi, mu Karere ka Minembwe, zikoresheje drone.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga ko no kuri iki Cyumweru, itariki ya 1 Werurwe 2026, kuva mu gitondo, izo ngabo zakomeje gutera ibisasu zitarobanura mu bice bituwe cyane bya Kalingi, hakoreshejwe drone z’ubwiyahuzi.
Iri tangazo rikomeza rivuga ko ku isaha ya saa moya za mu gitondo kuri iki Cyumweru, abagize ihuriro ry’ingabo za leta cyane cyane FARDC, FDNB, FDLR, abacanshuro, hamwe n’inyeshyamba za Wazalendo, bagabye igitero ku bantu babo i Kakenke no mu karere byegeranye.
Kubera ibi bitero bikomeje, AFC / M23 iramenyesha abaturage ba Congo ko ingabo zayo zikomeje kuba maso byimazeyo kandi ko ziteguye kurengera no kurinda abaturage b’abasivili, bazira intambara yatewe n’ubutegetsi butemewe n’amategeko bwa Kinshasa, bwahisemo iterabwoba kurusha mahoro.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *