Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje ko MONUSCO yarumbiye Loni
Yanditswe: Wednesday 05, Nov 2025
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ubutumwa bw’amahoro bwa Loni muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) ari igihombo gikomeye wagize mu mateka yawo.
Ubu butumwa yabutanze kuri uyu wa 5 Ugushyingo 2025, avuga ko mu mashusho agaragaza ingabo za MONUSCO zitoza abasirikare ba RDC gukoresha imbunda nini na drones zigaba ibitero mu rwego rwo kuzishoboza “kurushaho kurinda abasivili no guhangana n’ibibangamira umutekano.”
Guverineri w’Intara ya Ituri, Lt Gen Johnny Luboya N’Kashama, yatangaje ko iyi myitozo ari ingenzi ku basirikare ba RDC kuko izafasha abasirikare ba Leta gusenya umwanzi.
Ati: “Twateguye iyi myitozo kugira ngo abasirikare bacu bashobore gukoresha intwaro nshya, za mortiers, drones, babe abanyamwuga birushijeho, banashobore gusenya abanzi.”
Minisitiri Nduhungirehe yatangaje ko intwaro na drones MONUSCO iri kwigisha Ingabo za RDC gukoresha ari zo ziri kwifashishwa mu kurenga ku gahenge Leta yemeranyijeho n’ihuriro AFC/M23 no kurasa amakompora mu bice bituwe cyane.
Ati: “Niba numvise neza, MONUSCO ifite inshingano y’ibanze yo kurinda abasivili, iri gutoza Ingabo za RDC (zikorana n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR) gukoresha intwaro ziremereye na drones zigaba ibitero-zimwe ziri gukoreshwa na FARDC mu kurenga ku gahenge no kurasa buri munsi mu bice bituwe cyane.”
MONUSCO imaze imyaka irenga 25 muri RDC. Yashoweho amafaranga hafi miliyari 20 z’Amadolari kugira ngo isohoze inshingano zayo uko bikwiye, ariko umutekano w’abasivili, cyane cyane mu burasirazuba bw’iki gihugu, uracyahungabanywa n’imitwe ishyigikiwe na Leta, n’ingabo za Leta ubwazo.
Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje ko mu gihe MONUSCO imaze muri RDC, umutwe w’iterabwoba wa FDLR wakomeje kwiyubaka, havuka n’indi mitwe myinshi, imvugo zibiba urwango no gutoteza abavuga Ikinyarwanda biba ubuzima ubusanzwe.
Ati: “MONUSCO ikomeje kwerekana (niba hakenewe ikindi kimenyetso) ko ari kimwe mu bihombo bikomeye byabayeho mu mateka y’Umuryango w’Abibumbye.”
Loni igaragaza ko kugeza muri Nyakanga 2025, muri RDC hari ingabo zirenga ibihumbi 16 ziri muri MONUSCO. Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024/2025, zakoresheje miliyoni 918$.
Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje ko MONUSCO iri mu bihombo bikomeye Loni yagize kuko itashoboye kurinda abasivili

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *