Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu ari kurangishwa kuri murandasi
Yanditswe: Monday 16, Mar 2026
Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu amakuru yamugezeho ko yapfuye. Na we yatunguwe avuga ko yabibonye ku mbuga nkoranyambaga ko Iran yamuhitanye.
Kuri Murandasi, amakuru akomeje gucicikana aho abantu bari kwibaza agace Banjemin Netanyahu yaba aherereyemo nyuma y’uko hakwirakwiriye ibihuha by’urupfu rwe.
Mu rwego rwo kuvuguruza Iran yari yatangaje ko Benjamin Netanyahu yarashwe agapfa, REUTERS yazindutse yandika ko uwo mugabo ari muyobozi ndetse akomeje akazi ke nk’ibisanzwe.
Banditse bati”Hari amashusho Benjamin Netanyahu yashyize hanze yerekana ko ari muzima. Yari ahantu I Jerusalem anyway ikawa n’abo bakorana” REUTERS yanditse ko rwose na Benjamin Netanyahu yatangajwe no kubona ko Iran yigambye kumuhitana. Ni amashusho Netanyahu yasangije abantu akoresheje Telegram, nka rumwe mu mbuga nkoranyambaga zikoreshwa n’ibyihebe dore ko rutinjirirwa ngo hamenyekane aho wafatiye amashusho.
Minisitiri w’intebe wa Israel bamubitse ari muzima
Mu kugenzura aho yari ari n’igihe ayo mashusho yafatiwe, REUTERS yasanze yarafashwe ku wa 15 Werurwe 2026 ari I Jerusalem.
Netanyahu azwiho kudakora ibiganiro n’itangazamakuru mu rwego rwo kwirinda ko umwanzi yamenya amakuru y’aho aherereye. Kuva Israel n’Amerika bagaba ibitero kuri Iran,umutekana warakajijwe muri Israel, amashuri yarafunzwe,abaturage basabwe kuguma mu nzu ku buryo guhurira mu ruhame ntibyemewe. Iyo hari igisasu kigiye guterwa imbere mu gihugu, abaturage bahabwa ubutumwa kuri za telefoni zabo kugirango bihishe mu myobo yateganyijwe idashobora kuraswamo. Banabwirwa igihe igisasu kiza kurasirwa n’igihe bashobora gusohokera mu myobo(indake).
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *