skol
fortebet

Minisitiri w’Ubuzima wa Kenya Aden Duale arasaba imbabazi urukiko ku gusuzugura icyemezo cyo guhagarika umushinga w’ikigo cya Ebola

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Tuesday 23, Jun 2026

Minisitiri w'Ubuzima wa Kenya Aden Duale arasaba imbabazi urukiko ku gusuzugura icyemezo cyo guhagarika umushinga w'ikigo cya Ebola

Sponsored Ad

skol

Minisitiri w’Ubuzima muri Kenya, Aden Duale, yasabye imbabazi urukiko rw’ikirenga nyuma yo gushinjwa gusuzugura urukiko ku bijyanye no kubaka ikigo cyo kwita ku barwayi ba Ebola, cyari gishyigikiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ku wa kabiri, Duale yageze imbere y’umucamanza Patricia Nyaundi kugira ngo atange ibisobanuro mbere y’uko hafatwa icyemezo ku bihano bishobora kumufatirwa. Yabwiye urukiko ko imirimo yo kubaka icyo kigo kiri ku kibuga cy’indege cya gisirikare cya Laikipia yahagaritswe kandi ko izakomeza guhagarara kugeza urukiko rutanze izindi nyemezo.

Mbere y’aho, urukiko rwari rwemeje ko Minisitiri wa Leta ushinzwe ubuzima akomeje gusuzugura urukiko mu kwirengagiza icyemezo cyafashwe ku wa 28 Gicurasi kikongera kwemezwa ku wa 2 Kamena, cyahagarikaga ibikorwa byo kubaka icyo kigo i Nanyuki kugeza urubanza rwatanzwe mu rukiko rurangiye.

Uru rubanza rwatanzwe n’umuryango Katiba Institute, uvuga ko uwo mushinga watangiye hatabayeho inama zihagije kandi ko hari impungenge ku bijyanye n’ingamba zo kurinda ubuzima bw’abantu.

Mu cyemezo cyabanjirije iki, umucamanza Nyaundi yavuze ko ibimenyetso byagejejwe mu rukiko bigaragaza ko ibikorwa byo kubaka byakomeje nubwo hari itegeko ribihagarika, bikaba bigaragaza gusuzugura nkana ubutabera.

Ni yo mpamvu yategetse ko Duale yitaba urukiko ku giti cye kugira ngo atange ibisobanuro kandi hafatwe icyemezo ku bihano.

Minisitiri w’Ubuzima yageze mu rukiko aherekejwe n’itsinda ry’abavoka be hamwe n’abayobozi bakuru muri minisiteri. Igihe urubanza rwahamagarwaga, abamwunganira babwiye urukiko ko yari ahari yubahirije amabwiriza y’umucamanza kandi ko yiteguye gutanga ibisobanuro imbere y’uko urubanza rucibwa.

Biteganyijwe ko umucamanza Nyaundi azafata icyemezo ku ntambwe zikurikira muri uru rubanza rwo gusuzugura urukiko, nyuma yo gusuzuma ibisobanuro byatanzwe na minisitiri.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa