skol
fortebet

Muhanga: Abantu 9 bafatiwe mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Tuesday 26, May 2026

 Muhanga: Abantu 9 bafatiwe mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro butemewe

Sponsored Ad

skol

Polisi ikorera mu Karere ka Muhanga yafashe abantu icyenda mu Kagari ka Butare, Umurenge wa Kabacuzi, bari mu bikorwa binyuranyije n’amategeko birimo ubucuruzi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe.

Nkuko UKWELITIMES ibivuga, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yavuze ko aba bantu bafatiwe mu mukwabu wakozwe hagamijwe gukumira ibyaha muri iyo Ntara.

Yasobanuye ko mu bafashwe harimo abantu batanu bakekwaho gushora urubyiruko mu bucukuzi butemewe, bakaba barafatanwe toni imwe n’ibiro 123 by’amabuye y’agaciro arimo Coltan na Gasegereti bivangavanze. Abandi bane bo bafatiwe mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe.

Aba bose hamwe n’ibyo bafatanwe bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kiyumba, mu gihe Ubugenzacyaha bwahise butangira iperereza kugira ngo hakurikizwe amategeko.

Polisi yashimiye abaturage ku ruhare rwabo mu gutanga amakuru ku gihe, bifasha mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Yanibukije abakomeje kwishora muri ibi bikorwa bitemewe kubireka, ibaburira ko amayeri yose bakoreshaga agenda atahurwa, bityo uzabifatirwamo wese azajya ashyikirizwa ubutabera.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa