skol
fortebet

Murwanashyaka Damier wagizwe Minisitiri mushya w’Ibikorwa Remezo ni muntu ki?

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Saturday 13, Jun 2026

Murwanashyaka Damier wagizwe Minisitiri mushya w'Ibikorwa Remezo ni muntu ki?

Sponsored Ad

skol

Perezida Paul Kagame yashyizeho Damien Murwanashyaka nka Minisitiri mushya w’Ibikorwa Remezo ku wa 11 Kamena, amuzanira inshingano afite ubunararibonye bw’imyaka irenga 15 mu bijyanye n’ubwubatsi, imiyoborere y’imishinga, igenamigambi ry’ingengo y’imari n’iterambere ry’ibikorwa remezo.

Murwanashyaka yasimbuye Jimmy Gasore wari umaze kuri uwo mwanya kuva muri Nzeri 2023. Ni injeniyeri mu by’ubwubatsi (civil engineer) wakoreye ibigo bikomeye by’ubwubatsi n’imiturire.

Nk’umunyamwuga mu by’ubwubatsi kandi akaba n’umunyamuryango wungirije w’Ishyirahamwe mpuzamahanga ry’abakemura amakimbirane mu masezerano (Chartered Institute of Arbitrators), Murwanashyaka yubatse umwuga we mu nzego za Leta n’iz’abikorera, aho yagiye afata imyanya y’ubuyobozi mu bigo bikomeye by’ubwubatsi n’ubwubatsi-mbonezamishinga.

Yatangiye gukora muri uru rwego mu 2012. Mbere yo kugirwa Minisitiri, yari Umuyobozi Mukuru (Managing Director) wa Preferred Contractors Ltd, ikigo yashinze gikorera mu bijyanye n’ubujyanama, imicungire y’imishinga n’ubwubatsi.

Hagati ya 2024 na 2025, yabaye Umuyobozi Mukuru (CEO) wa Ultimate Developers Ltd (UDL), ikigo cya RSSB gikora ibijyanye n’imiturire, kizwi cyane ku mushinga wa Vision City n’indi miturire igezweho.

Mu gihe yari muri UDL, iki kigo cyahawe ibihembo mpuzamahanga kubera imishinga yacyo yubahiriza ibidukikije, harimo Vision City Phase Two n’indi mishinga y’imiturire irambye.

Mu rugendo rwe rw’umwuga, Murwanashyaka yakoze mu myanya itandukanye y’ingenzi mu bwubatsi mu Rwanda. Yabaye Chief Quantity Surveyor muri Real Contractors Ltd, Projects Manager muri ROKO Construction Ltd, Contracts Manager muri Century Engineering Contractors, ndetse na Projects Manager muri Gasabo 3D Design Ltd.

Yanabaye Account Manager muri Cimerwa PPC, uruganda runini rukora sima mu Rwanda, anaba Account Manager ku mushinga w’Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Bugesera.

Murwanashyaka kandi yabaye Project Manager mu iyubakwa ry’ishami ry’abarwayi batavurirwa mu bitaro (OPD) rya King Faisal Hospital ndetse no kurangiza inyubako ya hoteli ya Four Points by Sheraton.

Mu bijyanye n’amashuri, afite impamyabumenyi ya Bachelor’s Degree mu by’Ubwubatsi yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda, ndetse na Master of Business Administration (MBA) yakuye muri Oklahoma Christian University muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ubumenyi bwe mu by’ubwubatsi buhujwe n’ubumenyi mu micungire y’ubucuruzi biteganyijwe ko bizamufasha mu guteza imbere gahunda z’u Rwanda mu bikorwa remezo, zirimo kwagura imiyoboro y’ubwikorezi, kongera serivisi z’ingufu n’amazi, guteza imbere imiturire n’imijyi, ndetse no gushyira mu bikorwa imishinga minini y’igihugu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa