Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Uganda, yatangaje ko mu majwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora ya Perezida, Perezida Yoweri Kaguta Museveni ari we uri imbere, agakurikirwa na Robert Kyagulanyi uzwi nka ’Bobi Wine’.
Amajwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora yo muri Uganda yatangiye gutangazwa mu ijoro ryo ku wa Kane, ku munsi nyir’izina amatora yabayeho.
Museveni afite amajwi 61,7%, Robert Kyagulanyi akagira 33%. Kugeza ubu Museveni yatowe n’abantu 14.232, mu gihe Bobi Wine yatowe n’abantu 7.753. Amajwi yose amaze kubarwa ni 23.496.
Kugeza mu ijoro ryo ku wa Kane, amajwi yari amaze kubarurwa ni ayo ku biro by’itora 133, bivuze ko ari 1% by’amajwi yose.
Biteganyijwe ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ari bwo hatangazwa amakuru mashya kuri aya matora.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *