skol

Netanyahu ashaka indi manda

Yanditswe: Sunday 19, Oct 2025

featured-image

Benjamin Netanyahu, ufite agahigo ko kuba ari we umaze igihe kinini ari Minisitiri w’Intebe wa Israel, yatangaje ko azongera kwiyamamaza mu matora y’abadepite ateganyijwe kuba mu Ugushyingo 2026.

Mu kiganiro yahaye Televiziyo Channel 14 ku wa Gatandatu tariki 18 Ukwakira 2025, Netanyahu yemeje ko azongera guhatana kandi yizeye intsinzi, avuga ko “nta wundi muntu ushobora kurinda Israel nk’uko abikora.”

Uyu munyapolitiki uyobora ishyaka rya Likud, yigeze kuba Minisitiri w’Intebe kuva mu 1996 kugeza mu 1999, ndetse no kuva mu 2009-2021. Yongeye gusubira ku butegetsi mu Ukuboza 2022 nyuma y’uko guverinoma yari iriho isenyutse.

Kuva mu 2022 ubutegetsi bwa Netanyahu bwaranzwe n’amavugurura atavugwaho rumwe mu nkiko, ikibazo cy’abagizwe ingwate na Hamas ndetse n’intambara yo muri Gaza, byose byatumye hari abamukunda kurushaho, ariko hagira n’ababimwangira.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa