skol

Nigeria: Abaturage bagera kuri 40 biciwe mu gitero cya Boko Haram

Yanditswe: Tuesday 14, Jan 2025

featured-image

Kuri iki Cyumweru gishize, abakekwaho kuba abarwanyi ba kisilamu bishe abahinzi 40 mu gitero cyagabwe ku baturage bo mu bwoko bwa Dumba mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Leta ya Borno, nk’uko umuyobozi mukuru muri iyi leta yabitangaje kuri uyu wa Mbere ushize.

Bivugwa ko aba barwanyi ari abo mu mutwe witwaje intwaro wa Boko Haram na Leta ya Kisilamu mu Burengerazuba bwa Afurika (ISWAP), bakaba baragabye ibitero byica mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria kuva mu 2009 byakuye mu byabo amamiliyoni kandi bigahitana ibihumbi.

Igitero cyo ku Cyumweru kibaye mu gihe hari ikibazo cy’ibiribwa gikabije muri Borno, cyongerewe n’umwuzure wo muri Nzeri ndetse n’imyaka myinshi y’umutekano muke no gukura abantu mu byabo byatewe n’inyeshyamba.

Komiseri ushinzwe amakuru, Usman Tar, yatangaje ko raporo ya mbere yerekana ko abahinzi barenze koridoro y’umutekano yashyizweho n’igisirikare, binjira mu gace kazwiho kubamo ibikorwa by’inyeshyamba kandi kuzuyemo ibisasu bya mine.
Tar yongeyeho ko abashinzwe umutekano bahatiwe gushaka niba hari abahinzi barokotse icyo gitero nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ivuga.

Guverineri wa Borno, Babagana Zulum, yamaganye icyo gitero mu ijambo rye, ahamagarira igisirikare “gukurikirana no kwita byimazeyo ku bakoze ubwo bwicanyi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa