Nigeria: Igitero cy’abitwaje intwaro cyahitanye abarenga 160
Yanditswe: Thursday 05, Feb 2026
Umutwe witwaje intwaro bikekwa ko ari uw’abahezanguni b’Abayisilamu wagabye ibitero mu duce tubiri muri Leta ya Kwara muri Nigeria, bihitana abantu 162.
Ibitero byagabwe mu gace ka Woro na Nuku. Depite Mohammed Omar Bio uhagarariye aka gace mu Nteko Ishinga Amategeko yabwiye AP ko ibitero byagabwe n’umutwe wa Lakurawa ukorana n’uwa Islamic State.
Umunyamabanga w’Umuryango utabara imbabare muri Leta ya Kwara, Ayodeji Emmanuel Babaomo, yavuze ko batashoboye kugera ahagabwe ibi bitero kuko ari mu bice by’icyaro, ni ukuvuga amasaha umunani uvuye mu murwa mukuru w’iyi Leta, hakaba hafi y’umupaka wa Nigeria na Benin.
Guverineri wa Leta ya Kwara, AbdulRahman AbdulRazaq, yavuze ko ibi bitero bigaragaza “ubugwari bw’imitwe y’iterabwabo ishaka kwihorera” ku bikorwa by’ingabo za Leta bigamije kuyihigisha uruhindu muri iyi Leta.
Ku wa 3 Gashyantare 2026, abandi bantu 13 biciwe mu gace ka Doma muri Leta ya Katsina. Nigeria imaze imyaka yugarijwe n’ibibazo by’umutekano muke biterwa n’imitwe yitwaje intwaro irimo Boko Haram, Islamic State n’indi myinshi ihora ishimuta abantu abandi kabica.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *