Uwahoze ari Minisitiri w’Ingufu, Saleh Mamman, yatawe muri yombi nyuma y’uko Urukiko Rukuru rwa Abuja rumukatiye imyaka 75 y’igifungo agahita aburirwa irengero amaze guhamwa n’ibyaha birimo kunyereza umutungo wa Leta urimo n’umushinga wo gutezimbere ingufu.
Urwego rushinzwe gukumira ibyaha bya ruswa n’inyerezwa ru’umutungo wa leta ‘EFCC’, rwatangaje ko rwataye muri yombi Saleh ku wa 19 Gicurasi 2026, nyuma yo kumuhigisha uruhindu kuko yari yaraburiwe irengero.
Mu kiganiro n’abanyamakuru, umuyobozi wa EFCC, Ola Olukoyede, yagize ati “Birakwiye ko Saleh arangiza ibihano yakatiwe kuko ruswa mu gihugu ifatwa n’ikintu gikomeye.”
Ku wa 7 Gicurasi 2026 nibwo Saleh yahamijwe ibyaha 12 birimo ibyo kunyereza amafaranga miliyari 22 z’ama-Naira zingana na miliyoni 16$ yari agamijwe gukoreshwa mu mushinga w’amashanyarazi ufite megawatt 3.050 mu duce twa Zungeru na Mambilla.
Umucamanza mu rukiko rukuru rwa Abuja, James Omotosho yavuze ko Saleh yakatiwe adahari, bategeka inzego z’umutekano zo mu gihugu kumushaka kugira ngo ashyikirizwe ubutabera, ndetse n’imitungo ye igafatirwa na leta.
Saleh yabaye Minisitiri w’Ingufu kuva mu 2019 kugeza 2021 mu gihe cy’ubutegetsi bwa Perezida Muhammadu Buhari. Afunganywe n’abandi barindwi nyuma yo guhamywa ibyaha byo kunyereza umutungo wa leta.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *