Norvège: Uwabaye Minisitiri w’Intebe yatangiye gukurikiranwa kubera dosiye ya Epstein
Yanditswe: Friday 06, Feb 2026
Thorbjorn Jagland wabaye Minisitiri w’Intebe muri Norvège yatangiye gukorwaho iperereza ku byaha bya ruswa hashingiwe ku mubano udasanzwe yagiranye n’umunyemari Jeffrey Epstein wakurikiranyweho gucuruza abana b’abakobwa hagamijwe kubasambanya.
Thorbjorn yayoboye Guverinoma ya Norvège hagati ya 1996 na 1996, anaba Umunyamabanga Mukuru w’Akanama k’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, hagati ya 2009 na 2019, ndetse akurira akanama gakuriye ibihembo byitiriwe Nobel.
Ikigo gishinzwe kurwanya ruswa muri Norvège, Okokrim, cyatangaje ko cyasabye Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga gukuraho ubudahangarwa bwa Thorbjorn Jagland yaheshejwe n’uko yari umudipolomate.
Umuyobozi wa Okokrim, Pal Lonseth, yavuze ko iperereza rizakorwa rishingiye ku kureba niba uyu mugabo yarakiriye impano zitandukanye kubera imyanya y’ubuyobozi yari arimo.
Thorbjorn Jagland yagaragaye kenshi mu nyandiko zigize dosiye ya Epstein, aho hari e-mail yandikiye Epstein avuga ngo “nahoze muri Tirana (Albania) abakobwa b’agatangaza.”
Mu 2013 Thorbjorn yandikiye Epstein amumenyesha ko agiye kumusura ku kirwa cye hamwe n’umugore we n’abana.
Gusa uyu mugabo yavuze ko igihe cyose yasuye ikirwa cya Epstein yajyanaga n’umugore we, ndetse ko atigeze akiraraho.
Umunyamategeko wa Thorbjorn yavuze ko yiteguye gutanga amakuru yose ku bakora iperereza ndetse ko hagendewe ku byakozwe biteguye kuzahava ari abere.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *